Trump ni muntu ki?

Ni Umurepubulikani Donald Trump w’imyaka 78 y’amavuko akaba yaramaze kubona amajwi arenga ayo yari akeneye kugira ngo yegukane intsinzi mu matora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni amatora yari ahanganiyemo n’umukandida w’Abademokarate, Kamala Harris w’imyaka 60.

Donald Trump bagerageje kumurasa ubwo yiyamamazaga

Menya dosiye Trump yahereyeho akigera muri ‘White House’

Nyuma yo kurahirira kuba Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Mutarama 2025, Perezida Donald Trump ntiyatindiganyije mu gusinya inyandiko nyinshi kugira ngo ashyire mu bikorwa imigambi ye.

Yicaye ku meza, yajyaga azanirwa inyandiko imwe ku yindi ngo asinye imbere y’imbaga y’abantu bari bateraniye muri Capitol One Arena i Washington no muri White House.

Izi nyandiko zari ziganjemo iteka rya perezida. Iteka rya perezida ni itegeko ryanditse rishyirwaho na perezida, kandi ridacyeneye kwemezwa n’abandi banyapolitiki bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iteka riba rifite imbaraga cyane, ariko rigomba kuba ryemewe n’amategeko kandi ntirigomba guhonyora Itegeko Nshinga rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri uru rwego, ICK News yaguteguriye zimwe mu nyandiko Perezida Trump yehereyeho asinya.