Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki 8 Ukwakira 2024, impaka z’urudaca nizo zari mu Nteko Ishinga Amategeko ya Kenya ubwo Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yatangaga ibisobanuro bijyanye n’ibyo ashinjwa.
Nyuma y’umwanya munini yisobanura kuri ibyo birego, abadepite batoye ku bwiganze bashyigikira kweguza visi perezida wa Kenya ku birego bya ruswa.
Perezida w’umutwe w’Abadepite Moses Wetangula yatangaje ko Abadepite 281 batoye bemeza ko Gachagua akwiye kwegura kubwo kuba ibisobanuro bye ku birego 11 ashinjwa bitanyuze abadepite.
Depite Wetangula yakomeje avuga ko abadepite 44 batoye oya mu gihe umwe yifashe kuri iyi ngingo yo kweguza Gachagua.
Gusa ibi ntibivuze ko Gachagua ahita asohoka mu biro kuko umutwe wa Sena ariwo uzafata umwanzuro.

Ibirego abadepite bashinja Rigathi Gachagua bishingiye ahanini ku gukora politike y’ivanguramoko, gusuzugura guverinoma no kwigwizaho umutungo binyuze muri ruswa.
Ni ibirego Gachagua ahakana aho avuga ko ari ibintu bidafite ishingiro bigamije gusa guhindanya izina rye.
Uyu mugabo, w’imyaka 59 uzwi nka “Riggy G” avuga ko nyinshi mu nzu n’ubutaka yashinjwe byari iby’umuvandimwe we wapfuye.
Ibinyamakuru byinshi muri Kenya bivuga ko Gachagua yahaye akazi abanyamategeko bagera kuri 20 bo kumufasha guhangana n’iyi ngingo yo kumweguza.
Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ku wa mbere, Gachagua yamaganye umudepite wanditse asaba ko yakwegurizwa mu Nteko, avuga ko ari ingingo “ikojeje isoni”.
Ibyanditswe n’uwo mudepite bikubiye mu ngingo irambura impamvu 11 zo kumweguza, zirimo ko Gachagua yigwijeho imitungo ya miliyari 5.2 z’amashilingi ya Kenya (miliyoni 41 z’amadorari ya Amerika) mu buryo budasobanutse mu myaka ibiri ari ku butegetsi.
Gachagua yavuze ko ibyo byose ari ibinyoma bigamije kumusebya kandi yagiye asubiza kuri buri kimwe mu mitungo aregwa.
Yongeyeho kandi ko Nta mugambi afite wo kwegura muri aka kazi aho yagize ati “Nzarwana kugeza ku munota wa nyuma.”
Ku cyumweru, Gachagua ari mu rusengero yasabye imbabazi Perezida William Ruto ku kibi cyose yaba yaramukoreye, gusa ku wa mbere w’iki cyumweru yavuze ko izo mbabazi yasabye zidasobanuye ko yemera ibyo ashinjwa.
Perezida Ruto nta cyo aravuga ku mugaragaro kuri iki gikorwa cyo kweguza umwungirije, ariko mu ntangiriro z’ubutegetsi bwe yumvikanye avuga ko atazigera na rimwe yandagaza umwungirije nk’uko ngo yabikorewe n’uwo yahoze yungirije Uhuru Kenyatta.
Mu kwezi gushize, Abadepite benshi bo ku ruhande rwa Gachagua bahamagajwe na polisi bakekwaho gutera inkunga imyigaragambyo ikomeye kandi yiciwemo abarenga 50 yabaye muri Kamena (6), gusa ntibigeze bagezwa mu nkiko.
Ni imyigaragambyo yatumye hagaragara kutumvikana hagati ya Ruto na Gachagua, aho mu kugerageza gusubiza abigaragambya, Ruto yirukanye benshi mu bagize guverinoma ye arongera agarura bamwe muri bo, yongeramo n’abo ku ruhande rutavugaga rumwe na we rwa Raila Odinga.
Gachagua, uva mu karere ka Mount Kenya hagati mu gihugu kabarirwamo abatora benshi, avuga ko yafashije Ruto kugera ku butegetsi mu matora yo mu 2022 asabye abo mu karere ke kubatora bombi.
Uyu mugabo ni uwo mu bwoko bw’aba-Kikuyu, ba nyamwinshi muri Kenya, mu gihe Ruto ari umu Kalenjin, ubwoko ahanini buba mu gace ka ‘Rift Valley’ mu burengerazuba.
Aya moko yombi yarashyamiranye bikomeye nyuma y’amatora yo mu 2007, ubushyamirane bwatumye abantu bagera ku 1,200 bicwa mu gihugu.
Visi Perezida Gachagua aramutse yeguye byaba ari ubwa mbere visi perezida yegujwe n’inteko kuko ubwo byari bigiye kuba ari mu 1989, ubwo Josephat Karanja wari visi perezida wa Kenya yeguye ku mwanya we nyuma y’uko mu nteko hagejejwe ingingo nk’iyi isaba ko yegura. Yeguye mbere y’uko Inteko imweguza.
