Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda muri Basketball wahoze akinira Patriots BBC, Prince Ibeh yagarutse muri iyi kipe nyuma y’imyaka itatu.

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, ikipe ya Patriots BBC, muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 29 Kanama 2024, yatangaje ko yongeye kugarura Prince Ibeh mu ikipe ndetse bamuha ni ikaze.

Prince Ibeh wari usoje amasezerano mu ikipe ya EL Calor de Cancún yo mu gihugu cya Mexico, yanyuze mu makipe menshi yo ku mugabane w’iburayi arimo Taipei Fubon Bravers yo mu gihugu cya Taiwan, Club Atlético Peñarol Basketball yo muri Uruguay ndetse na Maralco Bolts yo muri Philippine.

Prince Ibeh w’imyaka 30, ari mu bakinnyi bafashije ikipe ya APR BBC, umukeba w’ibihe byose wa Patriots, kwegukana Igikombe cya Shampiyona umwaka ushize (2023).

Prince Ibeh wagarutse muri Patriots BBC afite ubushobozi bwo gukina imyanya ibiri mu kibuga irimo uwo hagati (Pivot) ndetse na Power Forward.

Prince yaherukaga muri Patriots BBC mu mwaka wa 2021, ubwo iyi kipe yegukanaga Igikombe cya Shampiyona ndetse anayifasha kugera muri 1/2 cya Basketball African League (BAL)

Biteganyijwe prince Ibeh azakinira Patriots BBC mu mikino ya kamarampaka (Betpawa Playoffs) igomba gutangira kuri uyu wa gatanu aho icakirana na Kepler BBC.