Nyuma y’uko ku mugoroba wa tariki ya 13 Kanama 2024, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame agize Dr. Edouard Ngirente Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Kanama 2024, Perezida Kagame yakiriye indahiro ye.

Uyu muhango wabereye mu ngoro y’Inteko Ishinga amategeko, wahuriranye n’uwo kurahira kw’abadepite 80 batowe mu byiciro bitandukanye mu matora yo kuwa 14, 15 na 16 Nyakanga 2024.
Irahira ry’uyu munsi riteganywa n’ingingo ya 66 y’Itegeko Nshinga rigira riti “Mbere yo gutangira imirimo, abagize Umutwe w’Abadepite barahirira imbere ya Perezida wa Repubulika cyangwa imbere ya Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga.”
Nyuma yo kwakira indahiro z’abadepite bose uko ari 80 bagize inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda hakurikiyeho gutora abagize biro y’Inteko.

Abatowe ni Madamu Kazarwa Gertrude watowe ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga amaategeko Umutwe w’Abatepite, Bwana Harerimana Mussa Fazil watowe ku mwanya wa Visi Perezida ushinzwe ubuyobozi n’Imari ndetse na Madamu Uwineza Beline watowe ku mwanya wa Visi Perezida ushinzwe amategeko no kugenzura ibikorwa bya guverinoma. Aba bombi bakaba bahise barahirira izi nshingano.

Umuhango wo kurahira kwa Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente n’abadepite ubaye nyuma y’ukwezi kumwe kuzuye neza habaye amatora akomatanije ya Perezida n’abadepite. Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda igizwe n’abagore 51 n’abagabo n’abagore 29.


