Urubyiruko Gatolika rusaga ibihumbi 5000 ruturutse hirya no hino mu Rwanda ndetse no mu mahanga, rwitabiriye Ihuriro ry’Urubyiruko rya 21 ku rwego rw’Igihugu.

Iri huriro ryitabiriwe kandi n’urubyiruko rwo mu bihugu nka Uganda , u Burundi ndetse na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, riri kubera muri Diyosezi ya Ruhengeri aho rifite Insanganyamatsiko igira iti “Twishimire amizero dufite muri Kristu.”

Iri huriro ngarukamwaka ry’urubyiruko muri Kiliziya Gatolika ryitabiriwe n’Abespisikopi batandukanye barimo Antoni Kardinali Kambanda, Arkiyepiskopi wa Kigali akanaba Perezida w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, Musenyeri Visenti Harolimana wa Diyosezi ya Ruhengeri, Musenyeri Papias Musengamana wa Diyosezi ya Byumba ari nawe Perezida wa Komisiyo y’Abepiskopi ishinzwe ikenurabushyo ry’Urubyiruko, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza wa Diyosezi ya Nyundo, Musenyeri Selesitini Hakizimana wa Diyosezi ya Gikongoro, abihayimana banyuranye n’abandi.

Mu gutangiza irihuriro, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Ruhengeri Musenyeri Harolimana yashimiye urubyiruko rwitabiriye iri huriro ndetse arusaba kuvugurura ukwemera kwarwo.

Ati “Ni muze mwisanga iwacu kandi hakaba iwanyu mwese,. Ndabasaba kutaziyoberanya ahubwo muzaharanire kuvugurura ukwemera kwanyu.”

Myr Harolimana ni nawe wakiriye kandi Umusaraba w’Ihuriro mu izina ry’Urubyiruko rwa Diyosezi ya Ruhengeri. Ni Umusaraba yashyikirijwe na Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoni Kardinali Kambanda kuko iri huriro riheruka kubera muri Arkidiyosezi ya Kigali.

Bamwe mu rubyiruko rwaganiriye na ICK News, bavuga ko bizeye kuzunguka ubumenyi bwinshi muri irihuriro birimo ubumenyi kuri Kiliziya cyane ko abenshi bataba bazi neza inyigisho za Kiliziya.

Urubyiruko rurenga ibihumbi bitanu nirwo rwitabiriye iri huriro

Usibye ubumenyi kuri Kiliziya, baniteze kandi kwiga byinshi byerekeye ubuzima busanzwe, by’umwihariko imyororokere.

Mu nyigisho ya Antoni Kardinali Kambanda yasabye urubyiruko kwisunga Mwamikazi Fatima kuko yababuriye kenshi abasaba kwanga icyaha ahubwo bagakurikira umucyo.

Kardinali Kambanda ati “Iyo umuntu yishimye ubwiza bwe buragaragara, wagira amafaranga menshi ukarara ku gitanda cya zahabu […] Ariko ntiwagura ibitotsi, wagura ibitabo byinshi ariko ntiwagura ubwenge. Rubyiruko muteraniye hano, twagize amahirwe yo guhura kuri uyu munsi duhuriye mu rugo rw’umubyeyi wacu Mwamikazi wa fatima. Mwisunge umubyeyi wacu kuko yatuburiye kenshi adusaba kwanga icyaha, nta gihe umwijima wigeze utsinda urumuri.”

Iri ruhuriro ryo muri uyu mwaka ryatangiranye umwihariko kuko niryo rimaze kwakira urubyiruko rwinshi rurenga 5000 ugereranyije n’indi myaka yatambutse. Biteganyijweko rizasoza ku Cyumweru , tariki ya 25 Kanama 2024, aho hazanahimbazwa Yubile y’urubyiruko n’abana muri Kiliziya Gatolika mu Rwanda.