Abatubahiriza gahunda yo gusubiza abanyeshuri aho biga, bazajya bishyura igihombo cy’imodoka zari bubatware

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yaburiye ababyeyi batubahiriza gahunda yo gusubiza abanyeshuri ku bigo by’amashuri biga bacumbikamo ko bazajya bishyura igihombo cy’imodoka ziba zigomye gutwara abagenzi basanzwe, zitegereje abanyeshuri Ibi Minisitiri w’Uburezi yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru kuri Kigali Pele Stadium ahari kwifashishwa mu gusubiza abanyeshuri ku mashuri. Minisitiri Nsengimana avuga ko iyo […]
Polisi yashimiye Abanyarwanda ku myitwarire yabaranze mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2024 ya Noheli n’Ubunani, Abanyarwanda bitwaye neza muri rusange kuko ngo bakurikije amabwiriza bahawe ndetse bikagabanya impanuka zikomeye. Ibi byatangajwe n’umuvugizi wa Polisi, ACP Boniface Rutikanga, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’igihugu kuri uyu wa 2 Mutarama 2025, aho yavuze ko mu ijoro […]
Venezuela: Hashyizweho igihembo cya 100,000$ k’uzafatisha Gonzalez utavuga rumwe n’ubutegetsi

Leta ya Venezuela yatangaje ko yashyizeho igihembo cy’ibihumbi ijana (100,000$) by’amadorari ya Amerika ku muntu uzatanga amakuru y’aho Edmundo Gonzalez Urrutia, utavuga rumwe n’ubutegetsi aherereye. Ibi byatangajwe kuri uyu wa 2 Mutarama 2025. Gonzalez Urrutia yahungiye muri Espagne muri Nzeri 2024 nyuma y’uko Nicolas Maduro bari bahanganye mu matora y’Umukuru w’iguhugu, bitangajwe ko ari we […]
Umuhanda Prince House-Giporoso-Masaka ugiye kuvugururwa unongerweho igice cyo mu kirere

Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi, RTDA, cyatangaje ko guhera muri Mata 2025, umuhanda wa Prince House-Giporoso-Masaka uzatangira kuvugururwa ndetse ugashyirwaho igice cyo mu kirere mu rwego rwo kugabanya umuvundo w’imodoka uwurangwamo. Aganira na The New Times, Umuyobozi Mukuru wa RTDA, Imena Munyampenda, yasobanuye uko umuhanda uzaba ureshya n’uko uzakorwamo. Yagize ati “Umuhanda ureshya n’ibilometero 10 […]
Netanyahu yemeye kohereza intumwa mu biganiro byo guhagarika intambara muri Gaza

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, byatangaje ko yemeye kohereza intumwa muri Qatar, mu biganiro bigamije kurekura abagizwe imbohe no guhagarika intambara muri Gaza. Ni ibyatangajwe ku wa 2 Mutarama 2025. Nk’uko CNN yabitangaje, itsinda ry’intumwa ziturutse mu nzego z’umutekano zirimo Urwego rw’Umutekano rwa Israel (ISA), Ingabo za Israel (IDF), n’Urwego rw’Ubutasi rwa […]
Abadahigwa mu Isibo: Igisubizo ku bibazo by’abatuye i Rulindo

Akarere ka Rulindo kashyizeho gahunda ‘Abadahigwa mu Isibo’ igamije gukemura ibibazo by’abaturage bidasaba ingengo y’imari. Iyi gahunda yitezweho kuba igisubizo cy’ibibazo by’abaturage, izagirwamo uruhare n’abayobozi, abikorera n’abandi bafatanyabikorwa bahurira mu isibo. Izibanda ahanini ku gukemura ibibazo bibangamiye umuryango cyane ko abaturage bifitemo ubushobozi bwo kubikemura. Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, usanzwe ari imboni […]
Gicumbi: Amarira ni yose ku mukobwa watwawe umugabo na nyina

Ntibisanzwe, ndetse abakuru babyita amahano gusa byarabaye i Gicumbi aho umugabo asenda umugore we mu mayeri akarongora nyirabukwe. Iyi nkuru idasanzwe ni iyo mu Mudugudu w’Agatete, Akagari ka Nyamabuye, mu Murenge wa Byumba ho mu Karere ka Gicumbi, aho Uwimaniduhaye Rebecca ari mu marira yo kuba yaratwawe umugabo na nyina. Ubundi inkuru itangirira ku burwayi […]
Amerika: Abantu 15 bamaze kugwa mu gitero cy’iterabwoba

Abashinzwe iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baravuga ko uwahoze ari umusirikare mu ngabo za Amerika, Shamsud-Din Jabbar w’imyaka 42, ari we wakoze ibisasu byakoreshejwe mu gitero cyo ’iterabwoba muri New Orleans. Ibi ngo binashingirwa ku kuba yari akodesheje hafi y’aho yakoreye igitero. Jabbar, umuturage wa Amerika wavukiye kandi agakurira muri Texas, yakoresheje imodoka […]
Ngoma: Urubyiruko rwijejwe ibikorwa byinshi by’imyidagaduro muri 2025

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma burizeza urubyiruko rwo muri aka karere gukomeza kubategurira ibikorwa byinshi by’imyidagaduro mu rwego rwo gukoresha ibikorwaremezo Leta yabubakiye. Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, mu gitaramo cyo gusoza umwaka wa 2024 cyabaye mu ijoro ryo ku wa 31 Ukuboza 2024. Iki gitaramo cyabereye muri […]
Amafoto: Uko hirya no hino ku Isi binjiye muri 2025

Ubu urimo gusoma iyi nkuru, Isi yose iri mu mwaka mushya wa 2025. Bifata amasaha 26 kugira ngo umwaka mushya wakirwe mu masaha 39 atandukanye y’isi. Ikirwa cya Kirisimasu muri Kiribati, igihugu kiri mu nyanja ya Pasifika y’Amajyepfo, kiba icya mbere mu kwinjira mu mwaka mushya. Hawaii, Samoa y’Amerika, n’ibirwa byinshi byo hanze ya Leta […]
