Biden yageneye Papa Fransisiko umudali w’ikirenga

Kuri iki Cyumweru, Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden yageneye Papa Fransisiko Umudali wa Perezida w’Ubwisanzure (Presidential Medal of Freedom), wo ku rwego rwo hejuru kurusha indi. Uyu mudali wo ku rwego ruhanitse (with distinction), ni wo wa mbere Biden atanze kuva yajya ku butegetsi, bivuze ko Papa Fransisiko ari muntu wa […]
Papa Fransisiko yihanganishije abatuye i Los Angeles

Papa Fransisiko yagaragaje ko ababajwe n’ibyabaye ku baturage ba Los Angeles bibasiwe n’inkongi y’umuriro ikaze ku buryo imaze guhitana abantu 11, yangiza amazu n’insengero harimo na Kiliziya y’amateka ya Corpus Christi. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umunyamabanga wa Leta wa Vatikani, Kardinali Pietro Parolin, Papa yavuze ko “ababajwe cyane n’igihombo cy’ubuzima hamwe n’isenyuka rikomeye” byatewe n’inkongi […]
Ibyo wamenya mbere y’umukino uri buhuze Rayon Sports na Mukura VS

Kuri uyu wa 11 Mutarama 2025, kuri Sitade ya Huye harabera umukino ukomeye uhuza Mukura VS yakira Rayon sports mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda(RPL), ni umukino utegerejwe saa kumi n’imwe z’umugoroba.Aya makipe agiye gucakirana ahagaze neza muri shampiyona kuko Rayon Sports iyoboye urutonde n’amanota 36 naho Mukura VS […]
Perezida Biden yahamijeko iyo yiyamamaza aba yaratsinze Trump

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu ‘White House’, Perezida ucyuye igihe wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavuze ko yari kuba yaratsinze Donald Trump mu matora rusange aherutse kuba mu Ugushyingo 2024. Biden yasubije ibi nyuma ko kubazwa niba yicuza kuba atariyamamaje mu matora aherutse kuba muri Amerika. Umunyamakuru yagize ati […]
Rulindo&Gicumbi: Hatangijwe Irushanwa ‘Umurenge Kagame Cup 2024-2025’

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 10 Mutarama 2024, Abayobozi b’Uturere twa Gicumbi na Rulindo batangije ku mugaragaro Irushanwa ‘Umurenge Kagame Cup 2024-2025’. Rulindo Mu Karere ka Rulindo, iri rushanwa ryatangirijwe mu Murenge wa Bushoki aho Umurenge wa Bushoki wakinnye na Murambi mu mupira w’amaguru. Ni mu mukino warangiye Bushoki itsinze Murambi ibitego 3-1. Atangiza […]
Ibyo wamenya ku miterere y’akazi k’ejo hazaza

Raporo nshya ya World Economic Forum igaragaza ko muri iki kinyacumi hazahangwa imirimo mishya igera kuri miliyoni 170. Ibi ngo bizaterwa n’imihindagurikire y’ubukungu n’imikorere rusange. Raporo y’akazi kejo hazaza ya 2025 (The Future of Jobs Report 2025) igaragaza uburyo iterambere ry’ikoranabuhanga, ihindagurika ry’ibidukikije, n’imihindagurikire y’abaturage iri guhindura isoko ry’umurimo ku isi, igateganya ko 14% by’imirimo […]
Trump arateganya guhura na Putin

Kuri uyu wa Kane nibwo Donald Trump witegura kurahirira inshingano zo kuyobora Leta Z’unze Ubumwe z’Amerika yatangaje ko we na Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin bafite ubushake bwo guhura. Kimwe mu bigomba kuba biri ku murongo w’ibyigwa mu biganiro bishobora guhuza aba bategetsi bombi, ni uburyo bwo gushyira hamwe mu gushyira iherezo ku ntambara imaze imyaka […]
USA : Inkongi y’umuriro ikomeje guhitana abantu i Los Angeles

Kugeza ubu, abantu 10 bamaze kwemezwa ko bapfuye mu nkongi y’umuriro mu mujyi wa Los Angeles, imaze kwangiza inyubako zisaga ibihumbi 10,000 muri ako gace. Ibiro by’umugenzuzi w’ubuvuzi mu mujyi wa Los Angeles byatangaje ko biri gukora iperereza ku bantu 10 bapfuye bazize inkongi y’umuriro. Nta makuru arambuye yatangajwe ku myirondoro yabo cyangwa aho abapfuye […]
2024: Umwaka waciye agahigo ko kurenza ubushyuhe bwa 1.5ºC

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 10 Mutarama 2025, Abashakashatsi bo mu Kigo cya Copernicus Climate Change Service (C3S) cy’ibihugu byibumbiye mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (European Union) batangaje ko ihindagurika ry’ibihe rikomeje gutuma ubushyuhe bw’isi buzamuka ku rwego rutigeze rubaho mu mateka y’ikiremwamuntu. Ibyo babishingira ku kuba mu mwaka wa 2024 wonyine ari bwo […]
Perezida Kagame yashyize umucyo ku kibazo cy’abatinda guhabwa ingurane

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, avuga ko bidakwiye ko hari abaturage bimurwa mu buryo butanyuze mu mucyo ku buryo hari n’abariganywa imitungo yabo. Perezida Kagame yavuze muri ibi kuri uyu wa Kane, tariki ya 9 Mutarama 2025 ubwo yari mu Kiganiro n’abanyamakuru. Perezida Kagame avuga ko iby’abaturage bimurwa mu buryo butari bwo bizwi […]
