Perezida Kagame yagaragaje ko kwishyurana mu madorali bidakwiye

Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane taraki ya 9 Mutarama 2025, Perezida Paul Kagame yavuze ku kwishyura no kwishyurwa mu mafaranga y’amanyamahanga bihanwa n’amategeko, asaba abo bireba kubikurikirana.Perezida Kagame yavuze ko ibyo ari bibi, ati “Nibibi inshuro ebyeri, kuko uwo wishyurwa nko mu madorali cyangwa amayero, iyo agiye kwishyura imisoro ntiyishyura mu madorali, yishyura […]
Umwanya Elon Musk yaba ahagazeho mu bakire batunze amakipe aramutse aguze Liverpool

Errol Musk, se w’umugabo ukize kurusha abandi ku isi, aherutse kuvuga ko umuhungu we yifuza kugura ikipe ya Liverpool. Icyakora, ba nyir’iyi ikipe ‘Fenway Sports Group (FSG)’ bahise bavuga ko itagurishwa, kandi ko nta cyifuzo na kimwe barakira kijyanye no kugurisha ikipe yabo. Bibayeho ko Musk yegukana iyi kipe yo mu majyaruguru y’iburengerazuba bw’u Bwongereza, […]
U Budage n’u Bufaransa byaburiye Trump ushaka kwigarurira ibihugu birimo Canada

U budage n’u Bufaransa byihanangirije Donald Trump kwirinda kugerageza “kwigarurira Greenland ku ngufu” nyuma y’aho Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuze ko yiteguye gukoresha ibihano by’ubukungu cyangwa imbaraga za gisirikare kugira ngo afate iki kirwa kiyoborwa na Danemark. Mu itangazo ryatambukijwe kuri televiziyo, umuyobozi (chancelier) w’u Budage, Olaf Scholz, yavuze ko amagambo […]
Amerika irashinja umutwe wa RSF gukora Jenoside muri Sudani

Umutwe w’itwara gisirikare wa RSF urashinjwa gukora ibikorwa by’urugomo no kwica abantu hashingiwe ku moko yabo, ndetse no gukora ihohoterwa rikomeye ku bagore n’abana Ibi byatangajwe n’umunyamabanga wa Leta muri Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Mutarama 2025. Brinken yavuze ko umuyobozi w’uyu mutwe Mohamed Hamdan Dagalo uzwi […]
Trump arifuza ko Canada, Greenland n’Umuyoboro wa Panama bitegekwa na USA

Perezida uherutse gutorerwa kuyobora Leta Zunze ubumwe za Amerika, Bwana Donald Trump ashikamye ku cyifuzo cye cy’uko Amerika yakwigarurira Greenland n’Umuyoboro wa Panama, kuko ngo asanga ibi bihugu byombi ari ngombwa ku mutekano w’igihugu cya Amerika. Ibi Trump yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru cyabereye mu rugo rwe rwa Mar-a-Lago muri Florida. Trump yabajijwe niba azareka […]
“Twishyura mituelle ariko ntituyikoresha” – Abatuye i Ngoma ya Kamonyi

Abaturage bakoresha ivuriro ry’ibanze ‘poste de sante’ riri mu Kagari ka Ngoma, Umurenge wa Nyamiyaga wo mu Karere ka Kamonyi bavuga ko bakomeje kugorwa no kubona ubuvuzi kuko iri vuriro ridafite abaganga bahagije ndetse n’imiti ihatangirwa ikaba yishyurwa 100%. Bamwe mu baganiriye na ICK News gusa batifuje ko amazina yabo atangazwa bavuga ko kubona ubuvuzi […]
Perezida Macron yashinjwe ‘agasuzuguro’ mu magambo yavuze kuri Afurika

Ku wa Mbere, tariki ya 6 Mutarama 2025, ubwo yakiraga abahagarariye u Bufaransa hirya no hino ku isi, Perezida Emmanuel Macron yavuze ko ibihugu byo muri Sahel “byibagiwe” gushimira u Bufaransa ku ruhare rwabwo mu kurinda aka gace inyeshyamba z’abajihadisiti. Macron yagize ati “Twari dufite impamvu yo kohereza ingabo. Ntekereza ko hari uwibagiwe kuvuga ‘murakoze’. […]
Domestic RwandAir Passenger Numbers Surge by 280%

The National Institute of Statistics of Rwanda (NISR) has reported a remarkable 280% increase in domestic air travel using RwandAir over the past three years. This surge is highlighted in the Rwanda Statistical Yearbook 2024, reflecting significant growth in passenger numbers. According to the report, 5,922 passengers used RwandAir for domestic travel in 2020. This […]
U Bushinwa: Benshi bamaze guhitanwa n’Umutingito wibasiye agace ka Tibet

Abantu 126 nibo bamaze kwemezwa ko bapfuye mu gihe abandi 188 bakomerekejwe n’umutingito ukomeye wibasiye agace k’imisozi ka Tibet mu gihigu cy’Ubushinwa. Uyu mutingito wibasiye u Bushinwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Mutarama 2025. Ibitangazamakuru bya leta y’u Bushinwa bivuga ko uyu mutingito wabaye mu Mujyi wa Tibet ahagana saa […]
Trudeau yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe wa Canada

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau yamaze gutangaza ubwegure bwe ku mwanya amazeho imyaka ikabakaba 10. Yatangarije itangazamakuru ko yabanje mbere na mbere kwegura nk’umuyobozi w’ishyaka ry’aba Liberals riri ku butegetsi hanyuma akazegura nka Minisitiri w’Intebe. Icyakora ngo azakomeza kuba Minisitiri w’Intebe kugeza ubwo hazaboneka undi Minisitiri w’Intebe uzayobora igihugu.Trudeau, wagizwe umuyobozi w’Ishyaka rya Liberal […]
