Huye: Hadutse ubujura bwitwaje ijambo ry’Imana

Abatuye mu Karere ka Huye babangamiwe n’itsinda ry’abagore ribambura ibyabo ryitwikiriye ubuhanuzi bw’ibinyoma, bagasaba abayobozi kubafatira ingamba. Aba bagore bakunze kugenda ari itsinda rya batatu, bategera abantu mu nzira zirimo abantu bacye, maze babona umuntu bakeka ko “yashukika” bakamwegera. Icyakora, ntibaba berekana ko bari kumwe, ahubwo hakora umwe, akerekana ko babiri bari kumwe, ari abaje […]
Ni iki cyadindije umuhanda Ngoma-Ramiro?

Mu Ukwakira 2021, Leta y’u Rwanda binyuze mu Kigo Gishinzwe iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) yatangije umushinga wo kubaka umuhanda ‘Ngoma-Ramiro’ ufite ibirometero 52. N’ubwo byari biteganyijwe ko uyu muhanda urangira mu Ukwakira 2024, kuri ubu nibwo usa n’utangiye gushyirwamo kaburimbo, ibituma bamwe mu baturage bibaza impamvu y’idindira ryawo. Ni ibigarukwaho na Hakizimana Jean Baptiste utwara abagenzi […]
Gicumbi: Ibikorwa by’abakorerabushake birivugira

Abakorerabushake barashimirwa umusanzu ntagereranywa batanga mu bikorwa bitandukanye birimo kwita ku mibereho myiza y’abaturage, kubaka ibikorwa remezo, no gukumira ibyaha. Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bwana Mugabowagahunde Maurice ubwo yari gikorwa cyo gusoza ukwezi kwahariwe ibikorwa by’ubukorerabushake ku rwego rwego rw’Igihugu. Ni igikorwa cyabereye mu Karere ka Gicumbi kuri uyu wa Kane, tariki ya 31 […]
Papa Fransisiko yagabanyije umushahara w’Abakaridinali bakorera i Vatikani

Kuva kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Ugushyingo 2024, Abakaridinali bakorera i Vatikani baratangira kwakira umushahara muto kuwo bari basanzwe bafata. Ni icyemezo cyafashwe n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika Papa Fransisiko. Nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abataliyani ANSA dukesha iyi nkuru bibitangaza, umulayiki Maximino Caballero Ledo, uyobora ubunyamabanga bw’ishami ry’ubukungu i Vatikani, yamenyesheje abakaridinali iki cyemezo mu […]
Espagne: Umwuzure umaze guhitana abantu 95

Byibuze abantu 95 bamaze kwicwa n’umwuzure wibasiye igihugu cya Espagne, nyuma y’imvura ikomeye yaguye mu ntara y’Uburasirazuba bwa Valencia, nk’uko ubuyobozi bw’iyi ntara bwabitangaje kuri uyu wa Gatatu. Iyi mvura idasanzwe yateje umwuzure, yatangiye kugwa ku wa Kabiri tariki ya 29 Ukwakira, yasenye amateme n’inyubako. Ibikorwa by’ubutabazi birakomeje ariko abakora ubutabazi ntiborohewe no kubona abatekerezwa […]
Guhirika Ubutegetsi, intero n’inyikirizo y’Abanyafurika

Afurika ni umugabane wahuye n’ibizazane by’ubutegetsi n’ihungabana rya politiki kuva ibihugu biwugize byatangira kubona ubwigenge hagati mu kinyejana cya 20 aho hagiye humvikana ihirikwa ry’ubutegetsi (Coup d’État) mu bihugu byiganjemo ibyo mu Burengerazuba bwa Afurika. Ihirikwa ry’ubutegetsi ryatangiye kugaragara muri Afurika nyuma y’igihe cy’ubukoloni ndetse kugeza ubu Afurika niwo mugabane waranzwemo ihirikwa ry’ubutegetsi inshuro nyinshi […]
Kuki ibyaha bikorewe ku mbuga nkoranyambaga bikomeje kugwira?

Imibare yo muri Mutarama 2024 igaragaza ko miliyoni 4.9 z’Abanyarwanda aribo bakoresha interineti, aba bakaba bangana na 34.4% by’Abanyarwanda bose. Iyi mibare kandi igaragaza ko mu ntangiro z’uyu mwaka, Abanyarwanda bakoreshagaga imbuga nkoranyambaga ku buryo buhoraho banganaga na 6.5% by’Abanyarwanda bose. Ni imibare yiyongereye ugereranije na 2023, kandi ntagushidikanya ko n’ubu ikizamuka. Uku kuzamuka ahanini […]
Nyamagabe: Ibihumyo nk’igisubizo mu kunganira gahunda yo kugaburira abana ku mashuri

Mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo no guhangana n’ikibazo cy’igwingira mu bakiri bato, amwe mu mashuri yo mu Karere ka Nyamagabe akomeje gahunda yo gushyira imbaraga mu buhinzi bw’ibihumyo. Iyi gahunda yatangiye mu Ukwakira 2023, yahereye mu bigo by’amashuri bine gusa kuri ubu ikaba imaze kugera mu mashuri 71 ndetse andi 82 akaba yitegura gutangira ubu […]
Rwanda: Abagabo batunze telefoni kurusha abagore

Uyu munsi, telefoni yarenze kuba igikoresho gikoreshwa mu guhamagara no guhamagarwa gusa ahubwo ihinduka igikoresho kinifashishwa mu gukora ibindi bitandukanye nk’akazi ndetse no kuboneraho serivisi zitandukanye. Hari abarenga bakavuga ko igihano cya mbere batifuza ari ugutandukanya telefoni n’ubuzima bwabo busanzwe. Ubushakashatsi bw’Igihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka wa 2024 bwakozwe na n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu […]
Gicumbi: Bagurisha ibyabo bajya Uganda, bakagaruka ari umutwaro kuri Leta

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kaniga wo mu Karere ka Gicumbi buratangaza ko buhangayikishijwe n’ikibazo cy’imiryango igurisha ibyayo byose ikimukira mu Gihugu cya Uganda, nyuma ubuzima bwakwanga bakagaruka mu isura y’abatishoboye ku buryo bahinduka umutwaro kuri Leta y’u Rwanda. Iby’iki kibazo byagaragajwe tariki ya 26 Ukwakira 2024 n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kaniga Bwana Ndizihiwe Cyriaque nyuma y’umuturage […]
