ABC News yemeye kwishyura Trump miliyoni 15$ nyuma yo kumutangazaho amakuru y’ibinyoma

Ikinyamakuru cya ABC News cyo muri Amerika cyemeye kwishyura miliyoni 15 z’Amadorali Donald Trump nyuma yo gutsindwa urubanza rw’ikirego yari yatanze avuga ko umunyamakuru wacyo yamutangajeho amakuru y’ibinyoma. Ibi ABC News yabyemereye urukiko ku wa 14 Ukuboza 2024. Ayo mafaranga akaba azishyurwa anyuze mu kigega n’inzu ndangamurage bya Trump. ABC News kandi yategetswe kuzishyura miliyoni […]
Koreya Y’epfo: Abadepite batoreye kweguza Perezida

Abadepite bo muri Koreya y’Epfo batoreye kweguza Perezida Yoon Suk Yeol nyuma y’igerageza rye ryo gushaka gushyiraho itegeko rigena ibihe bidasanzwe mu gihugu, ryateje imyigaragambyo ikomeye mu gihugu hose. Perezida Yoon yahise ahagarikwa ku butegetsi bw’iki gihugu nyuma y’uko bamwe mu bagize ishyaka rye rya ‘People Power Party’ (PPP) bafatanyije n’abatavuga rumwe na Leta batoreye […]
Papa Fransisiko yasabye Intumwa ye mu Burusiya gutanga umusanzu mu kugarura amahoro

Papa Fransisiko yandikiye urwandiko Intumwa ye mu Burusiya, Arikiyepisikopi Giovanni d’Aniello, amusaba gushyira imbaraga mu bikorwa bya dipolomasi bigamije gushaka amahoro. Ni urwandiko Papa Fransisiko yanditse nk’uko yabigenje ku wa 19 Ugushyingo 2024 ubwo yandikiraga Intumwa ye muri Ukraine. Urwo yandikiye intumwa ye mu Burusiya rwashyizweho umukono ku wa 12 Ukuboza mbere y’iminsi mikuru ya […]
Ishusho y’Intambara ya Gatatu y’Isi mu mboni z’abasesenguzi

Hashize iminsi hatutumba umwuka w’intambara mpuzamahanga kubera amakimbirane akomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’isi, cyane cyane mu Burasirazuba bwo hagati, intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya, no mu bindi bice. Bitewe n’ubukana bw’aya makimbirane, hari abavuga ko Intambara ya Gatatu y’Isi ishobora kuba iri ku muryango. Ariko se, iramutse ibaye, yaba iteye ite? Nta gushidikanya […]
Siriya: Inyeshyamba zahiritse ubutegetsi, Perezida Assad ahungira mu Burusiya

Kuri iki cyumweru tariki ya 8 Ukuboza 2024, inyeshyamba zo muri Siriya zafashe umurwa mukuru wa Damascus nta nkomyi nyuma y’igitero gikomeye cyatumye Perezida Bashar al-Assad ahungira mu Burusiya. Ni nyuma y’intambara yari imaze imyaka 13 inyeshyamba zishaka guhirika ubutegetsi bw’Umuryango wa Assad wari umaze imyaka 60 uyobora Siriya. Biravugwa ko u Burusiya bwahaye ubuhungiro […]
Mu birori bikomeye, Katederali Notre-Dame y’i Paris yongeye gufungura imiryango

Nyuma y’imyaka itanu inkongi y’umuriro yibasiye ku buryo bukomeye igisenge cya Ketederali Notre-Dame, iyi Katederali iri rwagati mu murwa mukuru w’u Bufaransa, i Paris, yongeye gufungura imiryango, mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 7 Ukuboza 2024, inzogera yayo imaze imyaka amagana yongera kuvuga ndetse n’inanga yayo y’agatangaza yongera gucurangwa. Iyi katedrali, ifite […]
Tokyo igiye gutangiza gahunda yo gukora iminsi ine mu cyumweru

Umurwa mukuru w’u Buyapani, Tokyo, urateganya gutangiza gahunda yo gukora iminsi ine ku bakozi bose ba leta, mu rwego rwo gufasha ababyeyi ndetse no guhangana n’ikibazo cy’umubare muke w’abana bavuka muri iki gihugu. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Tokyo butangaza ko iyi gahunda nshya izatangira muri Mata 2025, aho umukozi ashobora guhabwa iminsi itatu yo kuruhuka buri […]
‘Pallium’ mu mateka ya Kiliziya Gatolika n’icyo isobanura

Tariki ya 14 Nyakanga 2019 kuri Paruwasi ya Rulindo yo muri Arkidiyosezi ya Kigali, Antoni Kardinali Kambanda nibwo yambitswe Indangabubasha ‘Pallium’ n’uwari intumwa ya Papa mu Rwanda icyo gihe, Musenyeri Andrezej Jozwowicz, wari kumwe na Karidinali Peter Turkson wagiriraga uruzinduko mu Rwanda. Byari ku nshuro ya mbere umuhango wo kwambikwa ‘Pallium’ ubera mu Rwanda kuko […]
Koreya y’Epfo, aho Abaperezida badakunze guhirwa n’iherezo ry’ubutegetsi bwabo

Ubu Perezida Yoon Suk Yeol wa Koreya y’Epfo ari ku gitutu gikomeye cy’abaturage nyuma yo gushaka gushyiraho itegeko rigena ibihe bidasanzwe mu gihugu by’igihe gito gusa Inteko Ishinga Amategeko ikaza gutambamira iri tegeko. Perezida yavuze ko icyo yashakaga kugeraho ari ukwereka Koreya ya Ruguru ko Koreya y’Epfo atari insina ngufi. Ariko, Inteko Ishinga Amategeko yahise […]
Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa Michel Barnier yatakarijwe icyizere

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, yatakarije icyizere Guverinoma iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Michel Barnier wari umaze amezi atatu gusa agiye kuri uwo mwanya. Amashyaka atavuga rumwe na Leta yahuje imbaraga yishyira hamwe mu rwego rwo gushyigikira icyo cyifuzo nyuma y’uko Barnier w’imyaka 73, akoresheje ububasha budasanzwe maze agashyira mu bikorwa ingamba zijyanye n’ingengo y’imari abagize […]
