U Burusiya mu bikorwa byo kubabaza Ukraine kuko ikoresha impano za USA

Uburusiya bwiyemeje kwihorera nyuma yo kuvuga ko bwarashe misile umunani za ATACMS zakozwe na Amerika zarashwe na Ukraine mu gitondo cyo ku wa Gatandatu. Moscou ibona ikoreshwa rya misile nk’izi zifite intera igera ku birometero 300 (kilometero 186), nk’izamuka rikomeye. Minisiteri y’ingabo Muburusiya yavuze ko uretse guhanura izi misile, hanangijwe indege zitagira abapilote 72 (UAV). […]
Icyifuzo cya Papa Fransisiko muri Mutarama 2025

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Fransisiko arifuza ko buri wese agira uburenganzira bwo kwiga. Ibi ibigize isengesho rye ryo muri Mutarama 2025. Mu mashusho yashyizwe hanze tariki ya 2 Mutarama 2025, Papa Fransisiko yagize ati “Ubu turi mu gihe cy’ibyago ku burezi. Ibi si ugukabya. Kubera intambara, ubuhunzi, n’ubukene, abana bagera kuri miliyoni […]
Umwanzuro ku rubanza rwa Trump uzasomwa mbere y’irahira

Ikirego cya Perezida watowe Donald Trump cyo gutesha agaciro icyaha yahamijwe mu rubanza rwabereye i New York ku bijyanye n’amafaranga ataraciye mu mucyo, cyateshejwe agaciro kuri uyu wa Gatanu. Umucamanza Juan Merchan yanze icyifuzo cya Trump cyo gutesha agaciro umwanzuro w’urukiko ushingiye ku cyemezo cya Perezida cyafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga ku bijyanye n’ubudahangarwa bwa perezida. Umwanzuro […]
Venezuela: Hashyizweho igihembo cya 100,000$ k’uzafatisha Gonzalez utavuga rumwe n’ubutegetsi

Leta ya Venezuela yatangaje ko yashyizeho igihembo cy’ibihumbi ijana (100,000$) by’amadorari ya Amerika ku muntu uzatanga amakuru y’aho Edmundo Gonzalez Urrutia, utavuga rumwe n’ubutegetsi aherereye. Ibi byatangajwe kuri uyu wa 2 Mutarama 2025. Gonzalez Urrutia yahungiye muri Espagne muri Nzeri 2024 nyuma y’uko Nicolas Maduro bari bahanganye mu matora y’Umukuru w’iguhugu, bitangajwe ko ari we […]
Koreya y’Epfo: Perezida Yoon Suk Yeol yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwemeje icyemezo cyo guta muri yombi uwahoze ari Perezida Yoon Suk Yeol kubera ko ngo yashyize igihugu mu kajagari ka politiki bitewe n’icyemezo cye cyo gushyira igihugu mu bihe bidasanzwe. Ni ku nshuro ya mbere perezida wa Koreya y’Epfo ashyiriweho icyemezo cyo kumuta muri yombi. […]
Mozambique: Imfungwa 6000 zatorotse gereza irindwa cyane

Ku munsi wa Noheri, imfungwa nibura 6,000 zatorotse gereza iri mu murwa mukuru wa Mozambique nyuma y’ubwigomeke bwatewe n’imvururu n’urugomo bikomeje kwiyongera mu gihugu. Ibi byatangajwe n’umuyobozi wa polisi, Bernardino Rafael uvuga ko imfungwa 33 zapfuye abandi 15 barakomereka mu gihe zahanganaga n’inzego zishinzwe umutekano. Imfungwa zatorotse mu gihe cy’imyigaragambyo ikaze yangirikiyemo imodoka za polisi, […]
Koreya y’Epfo: Abadepite batoreye kweguza perezida w’agateganyo Han Duck-soo

Kuri uyu wa Gatanu, Inteko Ishinga Amategeko ya Koreya y’Epfo yatoreye umwanzuro wo kweguza uwari wagizwe perezida w’agateganyo Han Duck-soo. Abadepite 192 bose batoreye ko bashyigikiye kweguza Han, akaba ari umubare uruta 151 w’abadepite baribakenewe kugira ngo itegeko ribe ryashyirwa mu bikorwa. Inteko yo muri Koreya y’Epfo yafashe iki cyemezo mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri […]
Karidinali Kambanda arasaba ko gutesha agaciro Misa n’Ubusaserdoti mu izina ry’urwenya bicika

Antoni Karidinali Kambanda, Arkiyepiskopi wa Kigali akaba na Perezida w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda yavuze ko abatesha agaciro izina rya Kiliziya bitwaje ‘urwenya’ bakwiye kubihagarika kuko bifite ingaruka ku kwemera ndetse no ku bantu babikora. Karidinali Kambanda yavuze ibi mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo hasozwaga Inama y’Inteko rusange y’Abepiskopi yateranye kuva tariki 17 kugera 20 […]
Papa Fransisiko yahishuye ko muri 2021 yari agiye kwicirwa muri Iraq

Papa Fransisiko yavuze ko yarokotse ibitero bibiri by’ubwiyahuzi ubwo yari mu ruzinduko yagiriye mu gihugu cya Iraq mu myaka itatu ishize ariko ubutasi bw’Ubwongereza na polisi ya Iraq baburizamo uwo mugambi mubisha. Ibi Papa Fransisiko yabihishuriye mu gitabo cyanditswe ku buzima bwe kigiye gusohoka, kitwa ‘Spera’ (Ibyiringiro), aho bimwe mu bice byacyo byasangijwe ikinyamakuru cyo […]
Ukraine yigambye kwicira umujenerali w’u Burusiya i Moscow

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Ukuboza 2024, nibwo Lt Gen Igor Kirillov wari umuyobozi w’ingabo z’u Burusiya zikoresha intwaro kirimbuzi, iz’ibinyabutabire n’izangiza ibinyabuzima ndetse n’umwungiriza we, baturikanywe n’igisasu. Amakuru aturuka mu kigo gikomeye cy’ubutasi cya Ukraine avuga ko Kyiv ifite uruhare mu iyicwa ry’uyu mujenerali, nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru byo muri […]
