Isiraheli iratangaza ko yishe Umuyobozi wa Hezbollah

Igisirikare cy’igihugu cya Isiraheli (IDF) cyavuze ko cyivuganye umuyobozi w’umutwe wa Hezbollah Hassan Nasrallah, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 27 Nzeri 2024. Nk’uko bitangazwa na IDF, ngo Nasrallah yiciwe mu gitero cyagabye mu mujyi wa Beirut, muri Libani, nubwo umutwe wa Hezbollah utaragira icyo ubitangazaho. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara mu gitondo […]
Amerika yohereje izindi ngabo mu burasirazuba bwo hagati

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 22, Nzeri 2024, Ibiro bya gisirikare cya Leta zunze ubumwe z’America, Pentagon byavuze ko Leta zunze ubumwe z’Amerika zohereje izindi ngabo mu burasirazuba bwo hagati mu gihe hakomeje ubukana bukabije bw’urugomo hagati ya Isiraheli n’ingabo za Hezbollah muri Libani. Ibi bikomeje gutera impungenge z’ibyago bishobora kugwira aka karere mu […]
Kongo-Kinshasa: 129 barapfuye, 60 bakomereka mu kugerageza gutoroka gereza

Ubuyobozi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo bwatangaje ko abantu 129 aribo baguye mu gikorwa cyo kugerageza gutoroka gereza ya Makala iherereye mu murwa mukuru wa Kongo, Kinshasa. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Jacquemain Shabani yavuze ko abafungwa 24 aribo bahitanywe n’amasasu yari agamije kubatera ubwoba mu gihe abandi benshi bapfuye bazize kubura umwuka watewe n’umubyigano wabaye […]
Ukraine: Igitero cy’Uburusiya cyahitanye 46 abandi 200 barakomereka

Kuri uyu wa Kabiri, Uburusiya bwarashe ibisasu bibiri ku kigo cy’imyitozo ya gisirikare n’ibitaro byose biherereye mu gace ka Poltova bihitana abantu 47 mu gihe hakomeretse abarenga 200. CBS News ivuga ko ibi bitero byabereye mu gace ka Poltava gaherereye mu burasirazuba bw’amajyepfo ya Kyiv. Amakuru avuga ko kuva intambara hagati ya Ukraine n’Uburusiya yatangira […]
Polisi yasobanuye akamaro k’imirongo y’umuhondo inyuranamo ishyirwa mu masangano y’imihanda

Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko imirongo y’umuhondo inyuranamo ishyirwa mu masangano y’imihanda igamije ifasha abayobozi b’ibinyabiziga kumenya aho batagomba guhagarara, mu rwego rwo gukumira umuvundo w’ibinyabiziga no kubangamira ibinyabiziga bituruka mu bindi byerekezo. Ibi byasobanuwe mu butumwa polisi y’igihugu yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Polisi ivuga ko mu mihanda yo mu Rwanda by’umwihariko mu Mujyi […]
Imirambo 6 y’Abanya-Isiraheli bari barashimuswe na Hamas yakuwe muri Gaza

Kuri uyu wa Kabiri, Ubuyobozi bwa Isiraheli bwatangaje ko Imirambo y’Abanya-Isiraheli batandatu bari barashimuswe na Hamas yakuwe muri Gaza. Ni igikorwa cyakozwe ku bufatanye n’Ingabo za Isiraheli (IDF) n’urwego rusinzwe umutekano rwa Isiraheli (ISA) aho mu itangazo bavuga ko Yoram Metzger, Alexander Dancyg, Avraham Munder, Chaim Peri, Nadav Popplewell na Yagev Buchshtab. Uretse Avraham Munder, […]
Burkina Faso: 100 bamaze kugwa mu gitero cy’Abajihadisiti

Abaturage n’abasirikare nibura 100 nibo bimaze gutangazwa ko baguye mu gitero cyagabwe ku mudugudu w’umutwe w’Iterabwoba wa al-Qaida, rwagati muri Burkina Faso. Hashingiwe ku mashusho yashyizwe hanze, inzobere zashimangiye ko iki gitero ari kimwe mu bitero bikoranye ubugome ndetse bikaba bihitanye abantu benshi muri uyu mwaka cyane muri aka gace ko mu Burengerazuba bwa Afurika […]
Libya: Banki Nkuru yahagaritse imirimo kubera ishimutwa ry’umwe mu bayobozi bayo

Banki Nkuru ya Libya (CBL) yatangaje ko yahagaritse imirimo yayo yose nyuma y’uko umuyobozi wayo ushinzwe ikoranabuhanga, Musab Msallem, ashimutiwe imbere y’urugo rwe. Ibi yabitangaje kuri uyu wa 18 Kanama 2024 mu itangazo yashyize hanze. Iri tangazo rivuga ko bazasubukura ibikorwa byabo ari uko Musab yabonetse ndetse n’abandi bayobozi b’iyi Banki bakareka guterwa ubwoba. Itangazo […]
U Rwanda na Eswatini byasinyanye amasezerano y’ubufatanye

Kuri uyu wa Kabiri, tariki 13 Kanama 2024, u Rwanda na Eswatini byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’umutekano, kwita ku bagororwa no gukurirwaho VISA ku bafite uruhushya rw’inzira rw’akazi. Aya masezerano yasinywe ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiraga Umwami Mswati III wa Eswatini muri Village Urugwiro. Amasezerano ya mbere yasinywe ni […]
Kugarura amahoro mu Karere ni nshingano y’ibanze-Perezida Kagame

Mu birori byo kurahirira kongera kuyobora u Rwanda mu gihe cy’imyaka itanu, Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa ko amahoro mu karere u Rwanda ruherereyemo ari inshingano y’ibanze. Yabigarutseho kuri iki Cyumweru, tariki 11 Kanama 2024, mu birori byari byitabiriwe n’ibihumbi by’Abanyarwanda abashyitsi n’inshuti z’u Rwanda. Mu babyitabiriye harimo abakuru b’ibihugu 22, ba Visi Perezida […]
