Misconceptions About Strabismus

Strabismus is a vision disorder that causes significant discomfort, making it difficult for individuals to focus their eyes in the same direction. Those affected often appear to have misaligned eyes, with one or both tilting unevenly. In an interview with ICK News, Dr. Tuyisabe Théophile, the Director of Kabgayi Eye Unit, addressed common misconceptions about […]

Menya ibyo benshi bibeshya ku ndwara y’umurari

Umurari ni imwe mu ndwara zibasira amaso zikayazengereza cyane aho umuntu aba atabasha kureba neza ku buryo umuntu umubonye aba abona atareba mu kerekezo kimwe. Ikindi kiyiranga ngo ni uko amaso y’uyirwaye aba ahengamye kandi atareshya. Mu kiganiro na ICK News, Dr. Tuyisabe Theophile uyobora Ibitaro by’Amaso bya Kabgayi yagarutse ku byo abantu bakunze kwibeshya […]

Kurwanya ruswa ni inshingano za buri wese-Guverineri Kayitesi

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Madamu Kayitesi Alice yibukije Abaturarwanda ko kurwanya ruswa ari inshingano za buri wese. Ibi yabivugiye mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanda Ruswa. Ni ibirori byabereye mu Karere ka Muhanga kuri uyu wa Mbere, tariki ya 9 Ukuboza 2024, aho ku rwego rw’Igihugu cy’u Rwanda hanasozwaga Icyumweru cyahariwe kurwanya Ruswa. Mu […]

Menya imishinga ya komite nshya ya AGE-ICK

Ku wa Gatanu, tariki ya 6 Ukuboza 2024, nibwo komite nshya y’Umuryango w’abanyeshuri bahagarariye abandi mu Ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (AGE-ICK) yarahiriye gutangira inshingano nshya zo kuyobora abanyeshuri biga muri ICK. Mu kiganiro cyihariye na ICK News, Kanangire Pierre, Umuyobozi mushya wa AGE ICK, yahishuye ibyo ateganya kuzakorana na komite bafatanyije kuyobora mu gihe […]

Kabgayi: 49 babazwe indwara y’umurari

Kuva tariki ya 2 kugeza ku ya 7 Ukuboza 2024, Ibitaro by’Amaso bya Kabgayi byakiriye inzobere mu buvuzi bw’amaso zaturutse mu gihugu cy’Ububiligi, zije guhugura abaganga no kuvura indwara z’amaso. Izi nzobere zaje muri gahunda yo gukomeza imikoranire iri hagati y’ibi bitaro n’umuryango wita ku barwayi b’amaso ku Isi ‘Light for the World’, zasuzumye, zibaga […]

Siriya: Inyeshyamba zahiritse ubutegetsi, Perezida Assad ahungira mu Burusiya

Kuri iki cyumweru tariki ya 8 Ukuboza 2024, inyeshyamba zo muri Siriya zafashe umurwa mukuru wa Damascus nta nkomyi nyuma y’igitero gikomeye cyatumye Perezida Bashar al-Assad ahungira mu Burusiya. Ni nyuma y’intambara yari imaze imyaka 13 inyeshyamba zishaka guhirika ubutegetsi bw’Umuryango wa Assad wari umaze imyaka 60 uyobora Siriya. Biravugwa ko u Burusiya bwahaye ubuhungiro […]

Muhanga: Akabakaba miliyoni, ibikoresho by’isuku n’ibitabo byakusanyirijwe abagororwa

Muhanga, Gahogo (ICK News)- Abakristo bo mu Itorero ry’Abadivantisite b’Umunsi wa Karindwi, itorero rya Gahogo, bakusanyije ibihumbi 900 Frw, imyenda, ibikoresho by’isuku byo gufasha abagororwa bari mu Igororero rya Muhanga. Hanatanzwe kandi ibitabo by’ijambo ry’Imana bizahabwa abagororwa. Iki gikorwa cyabereye mu gitaramo cyateguwe na Korali ‘Kugana Yesu’ kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 7 Ukuboza […]

Mu birori bikomeye, Katederali Notre-Dame y’i Paris yongeye gufungura imiryango

Nyuma y’imyaka itanu inkongi y’umuriro yibasiye ku buryo bukomeye igisenge cya Ketederali Notre-Dame, iyi Katederali iri rwagati mu murwa mukuru w’u Bufaransa, i Paris, yongeye gufungura imiryango, mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 7 Ukuboza 2024, inzogera yayo imaze imyaka amagana yongera kuvuga ndetse n’inanga yayo y’agatangaza yongera gucurangwa. Iyi katedrali, ifite […]

Kuba umuyobozi bikomeye kurusha kuba umutegetsi- Padiri Prof. Fidèle Dushimimana

Umuyobozi mukuru w’Ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK), Padiri Prof. Fidèle Dushimimana yibukije Komite nshya y’Umuryango w’Abanyeshuri bahagarariye abandi (AGE-ICK) ko kuba umuyobozi bigoye kurusha kuba umutegetsi bityo ko bakwiriye guharanira kuba abayobozi beza. Padiri Prof. Dushimimana yavuze ibi ubwo yakiraga indahiro z’abagize komite nshya ya AGE-ICK, umuhango wabaye ku gicamunsi cy’uyu wa Gatanu, tariki […]

ICK: Basobanuriwe icyo basabwa ngo bitwe abanyamakuru b’umwuga

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 6 Ukuboza 2024, intumwa z’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), Umuryango utanga ubufasha mu by’amategeko (Legal Aid Forum – LAF), n’Umuryango w’abanyamakuru Baharanira amahoro (PAX PRESS) baganirije abanyeshuri bari mu mwaka wa gatatu w’Itangazamakuru mu Ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi. Iki kiganiro cyateguwe ku nkunga ya LAF hagamijwe kurushaho gusobabanurira abiga mu mashuri […]