ICK irashimirwa uruhare igira mu iterambere rya Muhanga

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko mu myaka 22 Ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi rimaze, rikomeje gutanga umusanzu ufatika mu Iterambere ry’Akarere ka Muhanga. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’aka Karere Madamu Kayitare Jacqueline kuri uyu wa 31 Kanama 2024 mu muganda ngarukakwezi wabereye mu Kagari ka Gifumba, Umurenge wa Nyamabuye ho mu Karere ka Muhanga. Ni […]
Amagare: Irushanwa ry’ Umusambi Race ryagarutse ku nshuro ya kabiri

Kuri iki cyumweru tariki 01 Nzeri 2024, mu Karere ka Burera na Gicumbi hateganyijwe gutangira irushanwa ryo gusiganwa ku magare ryiswe ‘Umusambi gravel Race, rizakinwa mu byiciro bitatu bitandukanye. Ibi byiciro ni mu bagabo n’abagore birimo ababigize umwuga, abatarabigize umwuga ndetse n’urubyiruko. Harimo kandi n’abifashisha amagare asanzwe azwi nka Pneus Ballons (Matabaro). Abasiganwa mu cyiciro […]
U Rwanda rwahinduye inoti ya 5000 Frw n’iya 2000 Frw

Nk’uko bigaragazwa n’Iteka Iteka rya Perezida n° 073/01 ryo ku wa 29 Kanama 2024 ryasohotse mu Igazeti ya Leta kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Kanama 2024, u Rwanda rwashyizeho inoti nshya ya frw 5.000 n’iya frw 2.000. Iri teka ryashyizweho rivuga ko inoti zahinduwe ari inoti y’mafaranga ibihumbi 5. 000 ndetse n’iya 2.000 […]
Menya ibiranga Gen.Z, Millennials na Gen. Alpha

Muri Nyakanga 2024, Igihugu cya Kenya cyibasiwe n’imyigaragambyo y’abagize igisekuru cyiswe Generation Zoomer cyangwa Gen-Z aho bifuzaga impinduka mu miyoborere y’iki gihugu. Mu Rwanda buri kwezi hari igitaramo cyo gusetsa cyitwa Gen-Z Comedy. Iyi nkuru ntabwo igamije kuvuga ku myigaragambyo muri Kenya, cyangwa se ibitaramo ahubwo Gen-Z bande ni bantu ki? Ese babanzirizwa n’ibihe bisekuru? […]
Imirimo yo kuvugurura Paruwasi St Andre Gitarama igeze kuri 80%

Ubuyobozi bwa Paruwasi yisunze Mutagatifu Andereya ya Gitarama buratangaza ko imirimo yo kuvugurura Kiliziya y’iyi paruwasi igeze ku kigero cya 80%. Ibi byatangajwe na Padiri Anatole Niyitanga uyobora iyi Paruwasi mu kiganiro cyihariye yagiranye n’umunyamakuru wa ICK News kuri uyu wa Gatatu, tariki 28 Kanama 2024. Padiri Niyitanga avuga ko ibikorwa nyir’izina byo kuvugurura iyi […]
ICK: Musenyeri Balthazar yamurikiwe Ishami ry’Ubuzima

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 29 Kanama 2024, Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa, Umwepisikopi wa Diyosezi ya Kabgayi akaba n’Umuyobozi w’ikirenga w’Ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) yamurikiwe ishami ry’ubuzima rigizwe n’Ubuforomo n’Ububyaza. Ibi birori byabimburiwe n’Igitambo cya misa cyari kiyobowe na Musenyeri Balthazar muri Bazilika nto ya Kabgayi ari kumwe n’abayobozi bakuru ba ICK, cyitabiriwe […]
Nigeria yakiriye inkingo 10,000 za Mpox

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyikirije Nigeria inkunga z’inkingo 10,000 za Mpox kugira ngo ibashe gukingira abaturage bayo kuko ifite abarwayi b’ubushita bw’inkende bagera kuri 40. Nigeria ibaye igihugu cya mbere ku mugabane wa Afurika cyakiriye izi nkingo nyuma y’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ritangaje ko Mpox ari icyorezo cyugarije Isi. Ni […]
Uganda: Umugabo yatawe muri yombi kubera uduhanga tw’abantu yafatanywe

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi umugabo witwa Ddamulira Godfrey nyuma yo kumufatana uduhanga tw’abantu 24, aho bikekwa ko utwo duhanga adukoresha mu migenzo yo gutamba abantu. Polisi ivuga ko mu gihe uyu mugabo yaba ahamwe n’icyaha cyo gutamba abantu azahanishwa igifungo cya burundu. Ntabwo ari uduhanga gusa tw’abantu yafatanwe ahubwo ahantu akorera […]
Basketball: Prince Ibeh yagarutse muri Patriots BBC

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda muri Basketball wahoze akinira Patriots BBC, Prince Ibeh yagarutse muri iyi kipe nyuma y’imyaka itatu. Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, ikipe ya Patriots BBC, muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 29 Kanama 2024, yatangaje ko yongeye kugarura Prince Ibeh mu ikipe ndetse bamuha ni ikaze. Prince Ibeh […]
Basketball: Ibyo kwitega mu mikino ya betPawa Playoffs

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 28 Kanama 2024, hahishuwe ko ibihembo bisanzwe bitangwa mu mikino ya kamarampaka ya basketball iterwa inkunga na betPawa, betPawa Playoffs 2024, byongerewe. Muri iki kiganiro cyabereye muri Radison Blu hagaragajwe ko mu bihembo byongerewe harimo harimo Locker Room Bonus n’igihembo cya MVP. Iki kiganiro kitabiriwe n’umuyobozi […]
