Abakize Marburg barasabwa kwitwararika mu gukora Imibonano mpuzabitsina

Mu kiganiro Minisiteri y’ubuzima yagiranye n’itangazamakuru ndetse n’imiryango itari iya Leta kuri uyu wa Mbere, tariki ya 4 Ugushyingo 2024, Minisitri w’ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin yasabye abakize virus ya Murburg kwitwararika mu gukora imibonano mpuzabitsina. Iki kiganiro cyari kigamije kugaragaza ishusho y’uko indwara iterwa na virus ya Marbug ihagaze mu Rwanda ndetse n’ibimaze gukorwa mu […]

Leta y’Ubushinwa ihangayikishijwe n’abaturage batifuza kurongora no kubyara

Nubwo leta y’Ubushinwa ikomeje guteza imbere gahunda yo gushishikariza abaturage b’iki gihugu kubyara cyane, imibare yabashaka  gushyingiranwa muri iki gihugu yo ikomeje kugabanuka ku kigero gikomeye. Leta y’Ubushinwa ivuga ko ihangayikishijwe cyane n’igabanuka ryabifuza gushakana kuko bafite impungenge ko mu minsi iri imbere bizateza ibibazo birimo igabanuka ry’ubukungu bizaterwa  no kubura abakozi bazakora imirimo itandukanye […]

Abanya-Kenya nibo bamara igihe kinini ku mbuga nkoranyambaga

Kenya yaje ku mwanya wa mbere ku isi mu bijyanye no kugira abaturage bamara amasaha menshi ku mbuga nkoranyambaga. Ni ibigaragazwa na raporo nshya ya ‘Digital 2024’, ikorwa ku bufatanye na Visual Capitalist. Nk’uko iyi raporo ibigaragaza, Abanya-Kenya bamara impuzandengo y’amasaha 3 n’iminota 43 ku mbuga nkoranyambaga buri munsi. Aya masaha bayakoresha ku mbuga nkoranyambaga […]

Indoneziya: Iruka ry’ikirunga ryahitanye abantu batandatu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, Ikigo cy’igihugu gishinzwe gucunga ibiza muri Indoneziya cyatangaje ko byibuze abantu batandatu bapfuye bazize iruka ry’ikirunga cya Lewotobi Laki Laki giherereye mu gace ka Maumere mu cyirwa cya Flores. Iki kirunga cyarutse nyuna y’uko mu ijoro rishyira ku wa mbere cyari cyagaragaje ibimenyetso, aho cyasohoye mu kirere ivu rishyushye […]

U Bufaransa bukomeje gutanga ubutabera ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu Rukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, mu mpera z’iki cyumweru hapfundikiwe urubanza rw’Umunyarwanda Dr. Eugene Rwamucyo washinjwe ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ndetse n’ibyibasiye inyoko muntu. Ibi byaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyoko muntu, ndetse n’ubufatanyacyaha muri ibi byaha yabihamijwe n’urukiko maze rumukatira imyaka 27 y’igifungo mu rubanza rwaciwe mu kwezi gushize […]

Icyo impuguke mu mategeko zivuga ku kuba Elon Musk yakurwa muri Amerika

Muri iyi minsi, umuherwe wa mbere ku isi Elon Musk ari mu bibazo bijyanye n’amategeko agenga abimukira, kuko bivugwa ko yaba yarakoreye muri Amerika nta ruhushya rw’akazi afite (employment visa). Impuguke mu bijyanye n’amategeko zabwiye Newsweek dukesha iyi nkuru ko ibi birego bimuhamye ashobora gukurwa muri Amerika. Ku wa 26 Ukwakira, ikinyamakuru The Washington Post […]

Esipanye: Abarenga 200 bamaze guhitanwa n’imyuzure

Hashize iminsi muri Esipanye by’umwihariko mu Mujyi wa Valencia n’inkengero zawo habaye ibiza bikomeye ku rwego rutari rwarigeze rubaho muri iki gihugu. Ni Ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye muri iki gihugu ku buryo umwuzure umaze guhitana abaturage 202 bo mu Mujyi wa Valencia. Ibi byatumye umubare w’abantu bishwe n’umwuzure ugera kuri 205 kuko abandi babiri […]

Botswana: Ishyaka rimaze imyaka 58 ku butegetsi ryatsinzwe amatora

Ishyaka ryayoboye Botswana kuva yabona ubwigenge mu 1966 ryakubiswe inshuro mu matora y’iki gihugu yabaye muri iki cyumweru, kuko iri shyaka ryatakaje ubwiganze busesuye mu nteko ishinga amategeko. Ibyavuye mu matora byibanze byatangajwe muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatanu. Perezida wa Botswana, Mokgweetsi Masisi yemeye ibyavuye mu matora mbere y’uko ibisubizo ntakuka bitangazwa, […]

Gicumbi: Ibikorwa by’abakorerabushake birivugira

Abakorerabushake barashimirwa umusanzu ntagereranywa batanga mu bikorwa bitandukanye birimo kwita ku mibereho myiza y’abaturage, kubaka ibikorwa remezo, no gukumira ibyaha. Ibi byagarutsweho n’Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bwana Mugabowagahunde Maurice ubwo yari gikorwa cyo gusoza ukwezi kwahariwe ibikorwa by’ubukorerabushake ku rwego rwego rw’Igihugu. Ni igikorwa cyabereye mu Karere ka Gicumbi kuri uyu wa Kane, tariki ya 31 […]

Abanyeshuri 20 bahuguwe ku kwandika inkuru ziharanira Uburinganire

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 31 Ukwakira 2024, abanyeshuri 20 biga itangazamakuru muri kaminuza enye zo mu Rwanda basoje amahugurwa y’iminsi itatu ku binyanye no gukora inkuru zujuje ihame ry’Uburinganire. Aya mahugurwa yateguwe na Rwanda Media Programme ku nkunga ya Fojo Media Institute, yabereye mu Mujyi wa Musanze, yitabirwa n’abanyeshuri bo mu Ishuri rikuru […]