Indege z’Igisirikari cy’Ubushinwa zavogereye ikirere cya Tayiwani

Kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’ingabo za Tayiwani (MND) yatangaje ko ikirere cyayo cyavogerewe n’indege umunani z’Igisirikari cy’Ubushinwa.   Muri izi ndege ngo harimo enye zegeraga ku birindiro bya gisirikare byo mu majyepfo y’iburengerazuba by’iki gihugu. Nk’uko MND ibitangaza, izi ndege zagaragaraye kuwa gatatu hagati ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ndetse no kuri […]

Espagne: Umwuzure umaze guhitana abantu 95

Byibuze abantu 95 bamaze kwicwa n’umwuzure wibasiye igihugu cya Espagne, nyuma y’imvura ikomeye yaguye mu ntara y’Uburasirazuba bwa Valencia, nk’uko ubuyobozi bw’iyi ntara bwabitangaje kuri uyu wa Gatatu. Iyi mvura idasanzwe yateje umwuzure, yatangiye kugwa ku wa Kabiri tariki ya 29 Ukwakira, yasenye amateme n’inyubako. Ibikorwa by’ubutabazi birakomeje ariko abakora ubutabazi ntiborohewe no kubona abatekerezwa […]

Miss Muheto yasabiwe gufungwa umwaka 1 n’amezi umunani

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro kuzafunga Miss Muheto Divine Nshuti umwaka n’amezi umunani kubera ibyaha ashingwa birimo gutwara ikinyabiziga yanyoye, kugonga ibikorwaremezo, gutwara nta ruhushya no guhunga. Ibi ubushinjacyaha bwabisabye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 31 Ukwakira 2024, ubwo Miss Nshuti Muheto Divine yitabaga Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, ngo aburane ku […]

Google yaciwe ihazabu ya $20,000, 000, 000, 000, 000, 000, 000, 000, 000, 000, 000 – amafaranga aruta ari ku isi yose

Urukiko rwo mu Gihugu cy’Uburusiya rwaciye Google ihazabu y’amadorari ya Amerika angana na $20,000, 000, 000, 000,000,000, 000, 000, 000, 000, 000, amafaranga aruta ari ku isi yose. Google yaciwe aya mafaranga kubera ibirego bya televiziyo 17 zo mu Burusiya ziyishinja gufunga imiyoboro yazo ya You Tube kubera ibihano mpuzamahanga byafatiwe Uburusiya nyuma yo gutangiza […]

Minisiteri y’Ubutabera irajwe ishinga no kugabanya ubucucike bw’imanza mu nkiko

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 29 Ukwakira 2024, abagize inzego z’ubutabera basoje umwiherero w’iminsi ibiri wari ugamije kwiga ku bibazo bidahwema kuvugwa mu butabera bw’u Rwanda birimo ubucucike bw’imanza mu nkiko. Uyu mwiherero waberaga mu Karere ka Nyagatare, wari uyobowe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’ intumwa ya leta Dr. Ugirashebuja Emmanuel. Ubwo yagarukaga ku […]

Rwanda: Abagabo batunze telefoni kurusha abagore

Uyu munsi, telefoni yarenze kuba igikoresho gikoreshwa mu guhamagara no guhamagarwa gusa ahubwo ihinduka igikoresho kinifashishwa mu gukora ibindi bitandukanye nk’akazi ndetse no kuboneraho serivisi zitandukanye. Hari abarenga bakavuga ko igihano cya mbere batifuza ari ugutandukanya telefoni n’ubuzima bwabo busanzwe. Ubushakashatsi bw’Igihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka wa 2024 bwakozwe na n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu […]

Gicumbi: Bagurisha ibyabo bajya Uganda, bakagaruka ari umutwaro kuri Leta

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kaniga wo mu Karere ka Gicumbi buratangaza ko buhangayikishijwe n’ikibazo cy’imiryango igurisha ibyayo byose ikimukira mu Gihugu cya Uganda, nyuma ubuzima bwakwanga bakagaruka mu isura y’abatishoboye ku buryo bahinduka umutwaro kuri Leta y’u Rwanda. Iby’iki kibazo byagaragajwe tariki ya 26 Ukwakira 2024 n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kaniga Bwana Ndizihiwe Cyriaque nyuma y’umuturage […]

Burera: Impaka ku nkuru y’ababuriye mu kirombe cy’umucanga

Mu Murenge wa Ruhunde ho mu Karere ka Burera, haravugwa inkuru y’ibura ry’abagabo batatu, bikekwa ko babuze bagiye gucukura umucanga mu kirombe cy’uwitwa Nzabanterura. Inkuru y’ibura ry’aba bagabo yabaye kimomo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 25 Ukwakira 2024 ubwo ba nyir’abantu babuze babyukaga bakora igisa n’imyigaragambyo mu Mudugudu wa Gasura uherereye mu Kagari ka […]

Abakorerabushake ba “Croix rouge” bongerewe ubumenyi ku buvuzi bw’amaso

Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024 ku Bitaro by’amaso bya Kabgayi (Kabgayi Eye Unit) hasojwe amahugurwa  y’iminsi itanu ku bakorerabushake 12 ba croix rouge y’u Rwanda, ni mu rwego rw’imikoranire croix yagiranye n’ibi bitaro mu rwego rwo kongerera ubumenyi abakorerabushake ku ndwara z’amaso n’uburyo bwo kuzirinda Ni amahugurwa yatangiye kuwa 21 Ukwakira ku […]

Rulindo: Yasamburiwe inzu nk’ubwishyu bw’ibiro 10 by’ibirayi byibwe mu murima yarariraga

Bamwe mu batuye mu Mudugudu wa Karambi, mu Karere ka Rulindo  ntibavuga rumwe na Mudugudu ku mwanzuro wo gusambura amabati y’inzu ya  Ildephonse Ndereyimana.  Ibi byabaye kuri uyu wa 22 Ukwakira 2024 mu Umudugudu wa Karambi, Akagari Ka Kamushenyi, Umurenge wa Kisaro, ho muri Rulindo, ubwo uwitwa Ndereyimana Ildephonse yasakamburiwe inzu n’uwitwa Ngiramasabo Adrian afatanyije […]