Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa Michel Barnier yatakarijwe icyizere

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, yatakarije icyizere Guverinoma iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Michel Barnier wari umaze amezi atatu gusa agiye kuri uwo mwanya. Amashyaka atavuga rumwe na Leta yahuje imbaraga yishyira hamwe mu rwego rwo gushyigikira icyo cyifuzo nyuma y’uko Barnier w’imyaka 73, akoresheje ububasha budasanzwe maze agashyira mu bikorwa ingamba zijyanye n’ingengo y’imari abagize […]

RSSB yasabwe gutegura Inama Nyungurana bitekerezo ku kuzamura umusanzu wa Pansiyo

Amahuriro y’abakozi mu Rwanda arasaba Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubwiteganyirize bw’Abakozi mu Rwanda (RSSB) gutegura Inama Nyungurana bitekerezo ku cyemezo cyo kuzamura umusanzu wa Pansiyo kugira ngo abakozi barusheho gusobanukirwa amakuru ahagije yerekeranye n’ayo mavugurura ndetse n’uko bizakorwa. Ni ibigaragara mu ibaruwa yandikiwe Umuyobozi mukuru wa RSSB, ikaba yashyizweho umukono n’abahagarariye amahuriro y’abakozi mu Rwanda arimo […]

Impinduka za RSSB ntizivugwaho rumwe

Hari hashize imyaka 62 u Rwanda rutarakora impinduka mu bijyanye n’ubwiteganyirize bw’izabukuru. Uburyo busanzwe buteganya ko umukozi n’umukoresha batanga umusanzu ungana wa 3% byahurizwa hamwe bikangana na 6% by’umushara w’umukozi. Gusa mu mpera z’Ugushyingo 2024, nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), rwatangaje ko guhera muri Mutarama 2025, igipimo cy’imisanzu y’ubwiteganyirize kizazamuka kive kuri 6% […]

Muhanga: Abaturage baributswa kugira uruhare mu igenamigambi

Mu muganda rusange wabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 30 Ugushyingo 2024, Abatuye mu Karere ka Muhanga bongeye kwibutswa ko bakwiye kugira uruhare mu igenamigambi ry’ibibakorerwa. Ni ibyagarutsweho na Musabyimana Jean Paul wari uhagarariye Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu muganda wabereye mu Kagari ka Remera, Umurenge wa Muhanga. Musabyimana yagarutse kuri ubu butumwa mu rwego […]

Ukraine: Ibitero by’Uburusiya byateje ibura ry’umuriro ku miryango irenga miliyoni

Mu ijoro ryakeye, i Kyiv, muri Ukraine, imiryango irenga miliyoni yabuze umuriro mu gihe kirenga amasaha 9 nyuma y’igitero cyagabwe n’Uburusiya ku bikorwa remezo bifite aho bihuriye n’ingufu z’amashanyarazi. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 28 Ugushyingo 2024, Minisitiri w’Ingufu, German Halushchenko muri Ukraine yemeje aya makuru, yongeraho ko ibitero byakorewe hirya […]

Namibia: Bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Abanya-Namibia bazindukiye mu matora y’umukuru wigihugu. Ni amatora yitezweho kubamo guhangana gukomeye kuva iki gihugu cyabona ubwigenge mu myaka 34 ishize. Ni amatora kandi ahatanyemo Netumbo Nandi-Ndaitwah ushaka kuba Perezida wa mbere w’umugore w’iki gihugu. Nandi-Ndaitwah yatanzwe na SWAPO (South West Africa’s People’s Organisation), ishyaka riri ku butegetsi, […]

Afurika: SADC yongereye manda abasirikare bayo muri RDC na Mozambique

Ku wa gatatu, abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’iterambere muri Afurika y’amajyepfo (SADC) biyemeje kongera undi mwaka ingabo zawo zoherejwe kurwanya inyeshyamba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ni umwanzuro wafatiwe mu nama idasanzwe yahuje abayobozi bibihugu 16 bigize uyu muryango birimo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Igihugu cya Afurika yepfo cyonyine gifite […]

Ibyo wamenya kuri politiki nshya y’itangazamakuru mu Rwanda

Hashize igihe abanyamakuru n’abafite aho bahuriye n’Itangazamakuru bategereje ko Politiki nshya y’Itangazamakuru yemezwa. Ni politiki yavuguruwe muri 2023, ijyanishwa n’igihe isi igezemo kuko politiki igenga itangazamakuru kuri ubu ari iyo muri 2011, aho benshi bemeza ko ifite ibyuho bijyanye n’igihe cy’ikoranabuhanga rikataje isi irimo. Inkuru dukesha Ikinyamakuru ‘The New Times’ igaragaza ibice bitandukanye biri muri […]

Isiraheli: Netanyahu yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwashyizeho impapuro zo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu, uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo muri Isiraheli Yoav Gallant, ndetse n’Umuyobozi w’umutwe wa gisirikare wa Hamas, Mohammed al-Masri, uzwi nka Mohammed Deif, kubera ibyaha by’intambara bakekwaho. Mu itangazo urukiko rwashyize ahagaragara kuri uyu wa Kane, ruvuga ko Netanyahu na Yoav […]

Ibyakorwa ngo Ifaranga ry’u Rwanda ridakomeza guta agaciro

Tariki ya 18 Ugushyingo 2024, Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), John Rwangombwa yatangarije Inteko Ishinga Amategeko ko mu mwaka wa 2023/2024 ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku kigero cya 16.3%, ikigero kitari cyarigeze kibaho mu mateka y’u Rwanda. Guverineri Rwangombwa avuga ko gutakaza agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda ubusanzwe byari kuri 5%, gusa ko […]