Betpawa playoffs: Byasabye iminota y’inyongera ngo APR BBC itsinde umukino wa mbere

Bigoranye Ikipe ya APR BBC yatsinze Patriots BBC amanota 102-93 mu mukino wa kabiri w’imikino ya nyuma ya kamarampaka. Iyi ntsinzi ya mbere ya APR BBC yayibonye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Nzeri 2024, mu mukino wabereye muri BK Arena. Ni umukino watangiranye imbaraga nk’uko byari byitezwe ko abasore APR […]
Angola ibangamiwe n’Amadeni ifitiye Ubushinwa

Mu myaka y’1990 kugeza muri 2000, Igihugu cy’u Bushinwa cyagize izamuka rikomeye ry’ubukungu ryatumye gikenera kongera ingano y’ibyo gitumiza mu mahanga. Mubyo ubushinwa bwatumizaga muri Afurika, harimo amavuta y’ibikomoka kuri peteroli. Ibi byatumye iki gihugu gitangiza uburyo bushya bwo gutera inkunga ibikorwa by’iterambere ku mugabane wa Afurika, aho u Bushinwa bwashoraga imari mu bikorwa remezo […]
Amatora ya Amerika ni uguhitamo hagati y’ibibi bibiri-Papa Fransisiko

Mu Kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yari mu ndege asubira i Vatikani, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Fransisiko yavuze ko amatora ya perezida muri Amerika ari uguhitamo hagati y’ibibi bibiri. Papa Fransisiko ashingira ku kuba imigambi y’abari kwiyamamaza bose irimo inenge zibangamiye ikiremwamuntu kuko uwahoze ari Perezida wa Amerika Donald Trump afite umugambi wo […]
Manchester City igiye kwisobanura ku birego 115 by’ubukungu

Kera kabaye iberego 115 Manchester City iregwamo n’abategura irushanwa ryo guhatanira igikombe cya shampiyona mu Bwongereza ‘Premier League’ bizatangira kumvwa guhera ku wa Mbere w’icyumeru gitaha, tariki 16 Nzeri 2024. Ni nyuma y’igihe kirekire hategerejwe uru rubanza. Manchester City ishinjwa kurenga ku mategeko y’ubukungu agenga umupira w’amaguru mu gihugu cy’Ubwongereza mu gihe cy’imyaka icyenda, guhera […]
Sobanukirwa ‘anthropomorphism’ itera bamwe kugirira amarangamutima ibidafite ubuzima

Ushobora kuba uzi umuntu ukunda gutonganya ibikoresho bye, cyangwa se akagaragariza amarangamutima ibindi bintu bitari abantu. Kimwe mu byo abashakashatsi bahurizaho ku gitera umuntu kwitwara gutya, ni ‘anthropomorphism’. Anthropomorphizing ni uburyo bwo gutwerera imyitwarire, cyangwa ibyiyumvo by’umuntu ku nyamaswa cyangwa ibindi bintu bidashobora kumva amarangamutima nkay’abantu. Ubushakashatsi bugaragaza ko amarangamutima y’abantu bafite anthropomorphism aba ku […]
Nyampinga w’Ububiligi arasaba abanyamahanga kureka kugaragaza Afurika uko itari

Tariki 10 Nzeri 2024, nibwo Nyampinga w’Ububiligi wa 2024, Kenza Johanna Ameloot, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yasangije abamukurikira ifoto ari kumwe n’abana b’abanyeshuri ubona ko banezerewe. Iyi foto yayikurikije ubutumwa busaba abakorera ingendo muri Afurika bagamije gufata amafoto ababaje y’abana ngo bayakoreshe mu nyungu zabo bwite ko bidakwiye. Yagaragaje ko no muri Afurika […]
Ikiganiro mpaka hagati ya Trump na Harris cyarebwe n’abasaga miliyoni 67

Ikigo gikora ubushakashatsi mu by’itangazamakuru ‘Neilsen Holding plc’ cyatangaje ko abantu bagera kuri miliyoni 67.1 nibo barebye ikiganiro mpaka cyahuje Donald Trump na Kamala Harris, bahataniye kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iki kiganiro cyanyuze kuri televiziyo ya ABC News, cyabaye mu rukerera rwo ku wa 11 Nzeri 2024. Nielsen ivuga ko iyi mibare ari […]
Bimwe mu byo wamenya kuri Nyampinga w’Ububiligi 2024 ufite inkomoko mu Rwanda

Mu ntangiro z’iki Cyumweru nibwo inkuru yabaye kimomo ko Nyampinga w’Ububiligi wa 2024, Kenza Johanna Ameloot ari mu ruzinduko mu Rwanda. By’umwihariko kuva ku wa Mbere tariki 9-11 Nzeri 2024, Nyampinga Kenza n’itsinda ryo muri Light for the World bagiriye uruzinduko ku bitaro by’amaso bya Kabgayi biherereye mu Karere ka Muhanga ari naho ICK News […]
Abakozi 6 ba ‘UN’ basize ubuzima mu gitero Isiraheli yagabye muri Gaza

Umuryango w’Abibumbye (UN) uratangaza ko abakozi batandatu b’agashami kawo gashinzwe kurengera impunzi z’Abarabu bo muri Palestina basize ubuzima mu gitero cy’indege cyagabwe n’igisirikare cya Isiraheli ku ishuri ryakoreshejwe nk’ubuhungiro bw’abantu bavanwe mu byabo muri Gaza yo hagati. Iki gitero cyagabwe ejo ku wa 11 Nzeri 2024, cyahitanye abantu 34, barimo abagore n’abana 19, nk’uko byatangajwe […]
Betpawa playoffs: Patriots BBC itangiranye intsinzi

Ikipe ya Patriots BBC itsinze Ikipe y’ingabo z’igihugu (APR BBC) amanota 83-71 , bituma yeguka intsinzi y’umukino wa mbere mu mikino ya nyuma ya Betpawa Playoffs. Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, tariki 11 Nzeri 2014, ukabera muri BK Arena, witabiriwe n’abantu benshi barimo n’uwahoze ari Minisitiri wa Siporo, Madamu Mimosa […]
