Kenya: Visi-perezida Gachagua yasabye imbabazi Perezida Ruto

Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, ubu ugeramiwe no kweguzwa n’Inteko Ishinga amategeko, yasabye imbabazi Perezida w’iki gihugu, Dr. William Ruto. Ibitangazamakuru byinshi muri Kenya bitangaza ko Gachagua yasabye imbabazi kuri iki Cyumweru, yinginga avuga ko niba hari ikosa yamukoreye yamubabarira akamuha andi mahirwe yo gukorera Abanyakenya. Ubwo yari mu rusengero rw’ahitwa Karen mu mujyi […]
Yubile y’imyaka 25 ya Cité Nazareth de Mbare: Amateka n’Uruhare rwayo mu burezi

None ku Cyumweru tariki ya 6 Ukwakira 2024, Ishuri rya Cité Nazareth de Mbare ryo muri Diyosezi ya Kabgayi ryahimbaje Yubile y’imyaka 25 rimaze rishinzwe. Ni mu birori byabimburiwe n’Igitambo cya Misa cyayobowe na Antoni Kardinali Kambanda, Arkiyepiskopi wa Kigali akaba na Perezida w’Inama y’abepisikopi Gatolika mu Rwanda, ari kumwe na Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa, Umwepiskopi […]
Muhanga: Abaturage baracyakerensa icyorezo cya Marburg bitewe n’amakuru make bagifiteho

Icyumweru kirashize mu Rwanda hagaragaye abarwayi ba mbere b’icyorezo cya Marburg. Kuva icyo gihe u Rwanda rwashyizeho ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo zirimo kwirinda kwegerana no gukaraba intoki, cyane cyane ahahurira abantu benshi. Mu Karere ka Muhanga, hamwe mu hahuhira abantu benshi nko muri gare, mu isoko, mu bigo by’amashuri, no mu tubari ingamba […]
Musenyeri Ntagungira yahawe inkoni y’Ubwepiskopi

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Ukwakira 2024, Musenyeri Ntagungira Jean Bosco yahawe inkoni y’ubushumba ku mugaragaro, ahabwa ubutumwa bwo kuyobora Diyosezi ya Butare. Uyu muhango wabereye kuri Katederali ya Butare, witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Jean Claude Musabyimana wari uhagaraririye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Minisitiri Joseph Nsengimana w’Uburezi, Guverineri w’Intara […]
Basketball: REG W BBC Yatangiranye Intsinzi muri Betpawa Playoffs

Ikipe ya Sosiyete y’igihugu Ishinzwe Ingufu (REG W BBC) yatangiye imikino ya kamarampaka ibona intsinzi nyuma yo gutsinda APR W BBC amanota 68-67 mu mukino wa mbere. Ni umukino wa mbere , wakinwe mu Ijoro ryo kuri uyu wa gatanu, tariki 04 Ukwakira 2024 ubera muri Petit Stade Amahoro ndetse witabirwa n’abantu barimo na Minisitiri […]
Abageze mu zabukuru barasaba kongererwa pansiyo

Abasheshe akanguhe barasaba inzego zibishinzwe ko zatekereza ku cyifuzo cyabo cyo kuba hazamurwa amafaranga y’ubwiteganyirize azwi nka ‘Pansiyo’ akajyanishwa n’uko ibihe ku masoko bihagaze. Iki cyifuzo cyatangiwe mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abageze mu zabukuru ku rwego rw’igihugu. Ni ibirori byabereye mu Murenge wa Rutare wo mu Karere ka Gicumbi kuri uyu wa Kabiri, […]
Kamonyi: Abahinzi bijejwe ko Ukwakira kuzarangira Rumbuka yabishyuye Ideni ryose ibafitiye

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Madamu Kayitesi Alice aratangaza ko ikibazo abahinzi bo mu Karere ka Kamonyi bari bafitanye n’umufatanyabikorwa Rumbuka cyashakiwe umuti ku buryo bitarenze Ukwakira 2024 kizaba cyararangiye. Ikibazo kiri hagati y’Abahinzi bo muri Kamonyi n’umufatanyabikorwa wabo ‘Rumbuka’ gishingiye ku musaruro aba bahinzi bahaye Rumbuka gusa yo ngo ntiyabishyurira igihe. Muri Kamana 2024 nibwo abahinzi […]
Abimukira 45 bapfiriye mu Nyanja Itukura, 61 baburirwa irengero

Ku wa kabiri, tariki ya 1 Ukwakira 2024, amato abiri yari atwaye abimukira yarohamye mu Nyanja itukura hafi y’inkombe za Djibouti, abantu 45 bahita bahasiga ubuzima, mu gihe abandi 61 baburiwe irengero. Ibi byatangajwe n’Ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe impunzi. Umuryango mpuzamahanga ushinzwe impunzi (IOM) wavuze ko ubwo bwato bwahagurutse muri Yemeni butwaye abantu 310 mbere […]
Amajyepfo: Barasabwa kwihutisha igihembwe cy’ihinga A 2025

Mu gikorwa cyo gutangiza Igihembwe cy’Ihinga A 2025 mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 1 Ukwakira 2024, Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo Madamu Alice Kayitesi yasabye abahinzi kwihutisha cyane iki gihembwe kugira ngo havemo icyuho cy’ubukererwe bwatewe n’imvura yatinze kugwa. Madamu Kayitesi yatangarije ibi mu Gishanga cya Kibuza giherereye mu Murenge wa Gacurabwenge […]
Kenya: Perezida na Visi Perezida ntibacana uwaka

Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yatewe ubwoba bwo kweguzwa ku mwanya we wo kungiriza William Ruto ku buyobozi bw’igihugu cya Kenya nyuma y’amakuru menshi akomeke kuzenguruka avuga ko yaba yaragiranye ibibazo bikomeye na Perezida Ruto.Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko bo mu ishyaka rimwe na Perezida William Ruto bashinje Gachagua guhungabanya guverinoma, guteza imbere politiki […]
