Benin: Abakekwaho guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Nzeri 2024, Umushinjacyaha wa Leta ya Bénin yavuze ko abagabo batatu, barimo uwahoze ari Minisitiri wa Siporo ndetse n’Umuyobozi ushinzwe umutekano wa Perezida Patrice Talon, batawe muri yombi bakekwaho gutegura umugambi wo guhirika ubutegetsi. Hafunzwe kandi umucuruzi, Olivier Boko, wari usanzwe ari inshuti y’akadasohoka ya Perezida Talon, wari […]

Amerika yohereje izindi ngabo mu burasirazuba bwo hagati

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 22, Nzeri 2024, Ibiro bya gisirikare cya Leta zunze ubumwe z’America, Pentagon byavuze ko Leta zunze ubumwe z’Amerika zohereje izindi ngabo mu burasirazuba bwo hagati mu gihe hakomeje ubukana bukabije bw’urugomo hagati ya Isiraheli n’ingabo za Hezbollah muri Libani. Ibi bikomeje gutera impungenge z’ibyago bishobora kugwira aka karere mu […]

Gicumbi: Ukekwaho ubujura yafatiwe mu kabari yabuze uko agasohokamo

Mu   rukerera   rwo    kuri    uyu    wa    Mbere, tariki ya 23 Nzeri 2024, ukekwaho ubujura yinjiye mu kabari   anyuze   muri   parafo gusa abura uko agasohokamo maze ahitamo kwicara yinywera inzoga kugeza ba nyir’akabari basanze yasinze.   Ibi byabereye   mu kabare k’uwitwa Muzungu, gaherereye mu isantere y’ubucuruzi ya Ruyaga iri mu Kagari ka Gacurabwenge ho mu Murenge […]

Icyamamare kuri YouTube ‘MrBeast’ yajyanywe mu nkiko

Abagore batanu bahatanye mu irushanwa rya Prime Video ryitwa Beast Games batanze ikirego mu rukiko rwa Los Angeles baregamo sosiyete yitwa MrB2024 y’icyamamare kuri YouTube witwa Jimmy Donaldson benshi bazi nka Mr. Beast. Aba bagore bavuga ko batanze ikirego kubera ko batishyuwe, bahatirwa kwitabira irushana mu bihe bitari byiza, kandi bakaba barakoreweho ivangura ndetse n’ihohoterwa […]

Putin arasaba abagore kubyara abana benshi

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, arasaba abagore gukora ariko bakanabyara abana benshi kuko igipimo cy’ivuka kigenda kigabanuka mu gihugu cye. Ibi Perezida Putin yabitangaje ku wa Gatatu mu nama yigaga ku ruhare rw’umugore mu kazi no mu buzima busanzwe bwa buri munsi. Ni inama yari yitabiriwe n’abantu basaga 1,500 baturutse mu bihugu 126 nk’uko byatangajwe […]

Basketball: APR yegukanye igikombe cya Shampiyona

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki ya 22 Nzeri 2024, Ikipe y’Ingabo z’Igihugu (APR BBC) imaze gutwara igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu Rwanda. Ni nyuma yo gutsinda Patriots BBC amanota 73 kuri 70 mu mukino wa 6 w’imikino ya nyuma ya kamarampaka wabereye muri BK Arena. APR BBC n’ubundi yaje gukina uyu mukino […]

Iran: 51 bamaze gutakariza ubuzima mu iturika ry’ikirombe

Kuri iki cyumweru, taraki ya 22, Nzeri 2024, igitangazamakuru cya leta ya Iran cyatangaje ko abantu 51 bamaze guhitanwa n’iturika rya gazi yaturikiye mu kirombe gicukurwamo Nyiramugengeri ‘Coal’. Uretse 51 bamaze gutakaza ubuzima kubera iturika ry’iki kirombe giherereye mu majyepfo y’Intara ya Khorasan, abandi 20 byatangajwe ko bakomeretse. Iki gitangazamakuru cyavuze ko iyi mpanuka yatewe […]

Betpawa Playoffs: APR BBC yatsinze Patriots BBC mu mukino wa gatanu

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 20 Nzeri 2024, Ikipe y’ingabo z’igihugu mu mukino w’amaboko wa Basketball yatsinze Patriots BBC amanota 80 kuri 78 mu mukino wa gatanu w’imikino 7 ya nyuma ya kamarampaka. Uyu mukino APR yatsinze bigoranye, wabereye mu nyubako z’imyidagaduro ‘BK Arena’ aho amakipe yombi yari afite intego yo […]

Hari Icyizere ko amayaga azongera agatoha-V/Mayor Niyongira

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Kamonyi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu Bwana Niyongira Uzziel aratangaza ko hari icyizere cy’uko amayaga azongera agatoha kubera umushinga ‘Green Amayaga’. Bwana Niyongira yatangarije ibi mu nama yabereye ku cyicaro cy’Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa Kane, tariki ya 19 Nzeri 2024. Ni inama yari igamije gusuzumira hamwe umusaruro w’umushinga ‘Green Amayaga’ mu […]

Kuki hari abatarakuraho isakaro rya Asbestos? RHA igaragaza impamvu

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu (RHA) gishinzwe imiturire butangaza ko hari bamwe mu baturage bakomeje kwinangira bakaba badashaka guca ukubiri n’isakararo rya Fibro Sima (Asbestos). Ibi bigarukwaho na Uwizeyimana Mathieus, umuhuzabikorwa ushinzwe umushinga wo guca isakaro rya Fibro sima muri RHA uvuga ko akenshi usanga abaturage badakuraho iri sakaro kubera ikibazo cy’imyumvire. Uwizeyimana ati “Ukurikije aho twagiye […]