Misiri: 17 baburiwe irengero nyuma y’irohama ry’ubwato

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 25 Ugushyingo 2024, Abategetsi ba Misiri batangaje ko abantu 17 baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato bw’ubukerarugendo burohamiye mu Nyanja Itukura. Abagera kuri 28 nibo barohowe bakiri bazima. Guverineri w’intara igerwamo n’Inyanja Itukura Maj Gen. Amr Hanafi, yavuze ko ikimenyetso cy’ubutabazi cyakiriwe saa cyenda n’igice ku isaha ngenga masaha ya […]
Ubufaransa: Katederali y’amateka igiye kongera gufungurwa nyuma y’imyaka 5 yibasiwe n’inkongi

Nyuma y’imyaka itanu Kiriziya ya Katederali Notre Dame y’i Paris ifashwe n’inkongi y’umuriro, Televiziyo ya National Geographic yashyize ahagaragara amafoto n’amashushoashimishije agaragaza ko ibikorwa byo kuyivugurura bigeze kure. Iyi katedrali ifite amateka akomeye kuko yubatswe mu binyejana byo hambere, bivugwa ko ishobora kongera gufungurwa mu Ukuboza 2024. Ku ya 15 Mata 2019, nibwo inkongi y’umuriro […]
Afurika: SADC yongereye manda abasirikare bayo muri RDC na Mozambique

Ku wa gatatu, abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’iterambere muri Afurika y’amajyepfo (SADC) biyemeje kongera undi mwaka ingabo zawo zoherejwe kurwanya inyeshyamba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ni umwanzuro wafatiwe mu nama idasanzwe yahuje abayobozi bibihugu 16 bigize uyu muryango birimo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Igihugu cya Afurika yepfo cyonyine gifite […]
Iceland: Ikirunga cyo ku kirwa cya Reykjanes cyarutse ku nshuro ya 7 mu mwaka

Ikirunga cyo mu majyepfo y’iburengerazuba bwa Iceland cyarutse ku nshuro ya karindwi kuva mu Ukuboza ku mwaka ushize. Iruka ry’iki kirunga ryatangiye ku wa gatatu ahagana saa 11:14 aho cyarekuye ibyotsi muri metero 3. Icyakora ngo iri ruka nti ryageze ahantu hanini cyane ugereranije n’irindi ryabaye muri Kanama uyu mwaka. Magnús Tumi Guðmundsson, umwarimu w’ubumenyi […]
Inama za OMS ku bahangayitse

Muri iyi si yihuta cyane, guhangayinka (stress) byabaye nk’ibisanzwe kuri benshi kubera igitutu mu kazi, uburemere bw’ibibazo by’umuntu ku giti cye, inkuru zidashira ku bibazo by’ubuzima n’ubukungu ku isi n’ibindi. Birasa nk’aho guhangayika biri muri bose, nubwo benshi batazi ikigero gikabije cyo guhangayika n’icyo umuntu yakora ngo yirinde guhangayika. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima […]
Amerika yemereye Ukraine kurasa imbere mu Burusiya

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yemereye Ukraine gukaba ibitero mu Burusiya ikoresheje misile zirasa kure zatanzwe na Amerika. Iki cyemezo kije gihindura politiki ya Amerika, kuko yari yaranze kwemerera Ukraine gukoresha misile za ATACMS hanze y’imbibi za Ukraine. Nubwo Amerika ifashe iki cyemezo, Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin, mu minsi ishize yaburiye […]
COP: Impuguke zirasaba impinduka ku nama ziga ku mihindagurikire y’ikirere

Itsinda ry’abahoze ari abayobozi n’inzobere mu bijyanye n’ikirere bavuga ko ibiganiro ngarukamwaka by’umuryango w’abibumbye, COP bitagihuye n’intego kandi ko bikeneye kuvugururwa byihutirwa. Ni ibikubiye mu ibaruwa yashyizweho umukono n’abarimo uwahoze ari umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Ban Ki-Moon, uwahoze ari umuyobozi w’ishami rya UN ryita ku mihindagurikire y’ikirere, Christiana Figueres, n’uwahoze ari perezida wa Irlande, […]
Amerika: Donald Trump yagize Elon Musk umuyobozi w’ishami rishinzwe imikorere ya leta
Kuri uyu wa kabiri, Tariki ya 12 Ugushyingo 2024, Donald Trump uherutse gotorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagize umuherwe wa mbere ku Isi Elon Musk umuyobozi w’ishami rishya rishinzwe imikorere myiza ya guverinoma. Trump yavuze ko Musk azafatanya n’umu-Repubulike wigeze kuba umukandida ku mwanya wa perezida, Vivek Ramaswamy, aho yabahaye inshingano zirimo gusenya […]
Inama y’Uburusiya n’Afurika: Vladimir Putin yasezeranyije Afurika ‘inkunga yuzuye’ mu guhashya iterabwoba

Ku munsi wa kabiri w’inama yatangiye ku itariki ya 9 ikarangira ku ya10 Ugushyingo 2024, mu mujyi wa Sochi mu Burusiya, yahuje minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Uburusiya Sergei Lavrov na bagenzi be bo mu bihugu bya Afurika, Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin, yasezeranyije icyo yise “inkunga yuzuye” muri Afurika, harimo no kurwanya iterabwoba n’intagondwa. Mu ijambo rya […]
Afurika: Umugabane ucyugarijwe no kugira abantu benshi batazi gusoma no kwandika

Ubumenyi bwo kumenya gusoma no kwandika, ni ubushobozi bw’ibanze butuma abantu bashobora kugira uruhare rw’ingirakamaro muri sosiyete no kubafasha kwiteza imbere binyuze mu mahirwe ahari ajyanye n’ubukungu. Mu bihugu bitandukanye, hari ahashyizwe imbaraga mu rwego rwo kuzamura ubumenyi ariko hari n’ahandi ibi bitaragerwaho bityo bikaba imbogamizi ku gutera imbere kw’ibyo bihugu. Mu bice byinshi by’isi, […]
