Umwami w’u Bwongereza yashyize ahagaragara gahunda za Minisitiri w’intebe mushya

Umwami w’u Bwongereza, Charles III, yashyize ahagaragara gahunda z’ingenzi za Minisitiri w’Intebe mushya, Keir Starmer, zigamije guteza imbere ubukungu bw’igihugu mu 2025. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nyakanga 2024 ubwo hashyirwagaho Inteko Ishinga Amategeko nshya. Ijambo ry’Umwami Charles III muri ibi birori ryagarutse ku mishinga irenga 35 y’ishyaka ry’Abakozi ‘Labour Party’ igamije […]

Umugore w’umugabo wishwe n’amasasu yarashwe Trump yanze kuvugana na Perezida Biden

Helen Comperatore ufite umugabo waguye aharasiwe Trump yanze kuvugana na Perezida wa Leta zunze ubwumwe za Amerika, Joe Biden kuri telefoni. Perezida Biden yagerageje guhamagara umuryango w’umugabo wishwe n’amasasu yarashwe Trump ubwo yarimo yiyamamariza muri Pennsylvania, ariko umugore w’uwo mugabo yanga kwitaba Perezida w’igihugu Joe Biden. Corey Comperatore, w’imyaka 50 yapfuye ku wa 13 Nyakanya […]

Amerika: Trump yatangaje J.D. Vance nk’umukandida ku mwanya wa visi perezida

Donald Trump yatangaje Senateri, J.D. Vance, wahoze amunenga ndetse akamwita Hitler wa Amerika nk’umukandida umwungirije mu matora azaba mu Ugushyingo 2024. Iki cyemezo cyemejwe n’abadepite ba Republican National Convention (RNC) i Milwaukee, Wisconsin ku wa 15 Nyakanga 2024. Vance, w’imyaka 39 yize muri kaminuza Yale akaba ari n’umushoramari mu by’ubucuruzi, yabonye izina rikomeye binyuze mu […]

Kenya: Ukekwaho ubwicanyi ruharwa yemeye ko yishe abagore 42 mu myaka ibiri

Polisi yo muri Kenya iratangaza ko Collins Jumaisi Khalusha ukekwaho ubwicanyi ruharwa yiyemerera ubwe ko yishe abagore 42 mu gihe cy’imyaka ibiri ishize. Mu bagore 42 Collins Jumaisi Khalusha yemera ko yishe, hamaze kuboneka imibiri icyenda gusa. Nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi mukuru w’ubugenzacyaha muri Kenya, Mohamed Amin, Uyu Khalusha yatawe muri yombi i Soweto, mu burasirazuba […]

Impamvu zishobora gutuma umuntu aba umwicanyi ruharwa

Nk’uko inzobere zibigaragaza, igituma umuntu aba umwicanyi ruharwa ni uruhurirane rw’ibintu bibi. Inzobere eshatu mu mitekerereze n’ubwicanyi ruharwa Dr. Scott Bonn, Dr. Katherine Ramsland, na Dr. Louis Schlesinger bagaragaza byinshi ku bwicanyi ruharwa ‘serial murdering.’ Ese abicanyi ruharwa bavuka batyo cyangwa biterwa n’ubuzima bakuriyemo? Dr. Scott Bonn, inzobere mu by’ibyaha, umwanditsi n’umunyamigani agira ati “Bishoboka […]

Impamvu yatumye abatarabashije kwiyimura bemererwa gutorera aho bari

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu Rwanda (NEC) yatangaje ko impamvu bahisemo kwemerera buri wese gutorera ahamwegereye ari uko basanze ikibazo cy’Abanyarwanda batabashije kwiyimura kuri lisiti y’itora ari rusange kuri site zinyuranye hirya no hino mu gihugu. Ibi byatangajwe na Visi Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, Mutimucyeye Nicole uvuga ko amatora akimara gutangira, saa 7:00AM aribwo […]

Amatora2024: Ibyishimo, Ubwitabire n’Ibyifuzo by’Abanyarwanda baba mu mahanga

Mu gihe Abanyarwanda baba mu bihugu by’amahanga baramukiye mu matora, bamwe mu batuye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika barifuza ko mu matora y’Ubutaha hazakoreshwa ikoranabuhanga kugira ngo bose babashe gutora. Ni nyuma y’uko bamwe mu batuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika batangarije ko hari abatuye kure batabasha kugera ku biro by’itora mu buryo […]

Kenya: Polisi yasanze ibice by’imibiri y’abagore ahamenwa imyanda

Nyuma y’uko ku wa Gatanu habonetse imibiri y’abagore batandatu yaciwemo ibice, ku wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024, polisi yongeye kubona indi mifuka itanu irimo ibice by’imibiri y’abagore mu gace ka Mukuru gaherereye mu mujyi ya Nairobi ibintu bikomeje guteza ubwoba n’uburakari mu gihugu. Abataruge bari gushinja polisi yo muri aka gace ko ishobora kuba […]

Uburusiya: Perezida yasinye itegeko rishya ryo kuzamura umusoro ku nyungu

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ku wa 13 Nyakanga 2024 yashyize umukono ku mushinga ushyiraho itegeko ryo kuzamura imisoro ungana na miliyari zirenga 30$, ugamije gukusanya amafaranga yo gushyigikira ibikorwa bya gisirikare mu ntambara yo muri Ukraine. Kuva u Burusiya bwakohereza ingabo muri Ukraine muri Gashyantare 2022, amafaranga igihugu gisohora arenga kure ayo kinjiza. Ibi […]

Amatora2024: Amateka y’amatora mu Rwanda

Tariki ya 14 na 15 Nyakanga 2024, mu Rwanda hateganyijwe amatora ya Perezida wa Repubulika yakomatanyirijwe hamwe n’amatora y’abadepite. Ni amatora yakomatanyijwe kubera impamvu zirimo; guhuza amatora ya Perezida n’ay’abadepite kuko bafite manda zingana ‘imyaka itanu’, kugabanya ingengo y’imari yagendaga ku matora no guhuza amatora y’u Rwanda n’ayo mu bindi bihugu ruhuriye nabyo mu miryango […]