Amerika: Gutangaza ibyavuye mu matora muri uyu mwaka bishobora gutinda

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 5 Ugushyingo 2024, Miliyoni z’abanyamerika baramukiye mu gikorwa cy’amatora yo guhitamo perezida wa 48 uzayobora iki gihugu mu myaka ine iri imbere. Ibyavuye mu matora yo muri iki gihugu byari bisanzwe bimenyerewe ko bitangazwa mu masaha make amatora arangiye, ariko bitewe n’ ihangana rikomeye ryagaragaye muri uyu mwaka hagati […]

Amatora muri Amerika: Jennifer Lopez mu bashyigikiye Kamala Harris, Elon Musk mu bashyigikiye Donald Trump

Mu gihe amatora y’umukuru w’igihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika arimbanyije muri leta zitandukanye z’iki gihugu, ibyamamare mu ngeri zitandukanye zagiye zigaragaza uruhande zihagazeho. Bamwe bashyigikiye Kamala Harris uturuka mu ishyaka ry’abademokarate abandi bari ku ruhande rwa Donald Trump watanzwe n’ishyaka ry’abarepuburike. Ikibazo kibazwa ni ukumenya niba hari uruhare ibyamamare mu muziki, firimi, imikino […]

U Bufaransa bukomeje gutanga ubutabera ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu Rukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, mu mpera z’iki cyumweru hapfundikiwe urubanza rw’Umunyarwanda Dr. Eugene Rwamucyo washinjwe ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ndetse n’ibyibasiye inyoko muntu. Ibi byaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyoko muntu, ndetse n’ubufatanyacyaha muri ibi byaha yabihamijwe n’urukiko maze rumukatira imyaka 27 y’igifungo mu rubanza rwaciwe mu kwezi gushize […]

Icyo impuguke mu mategeko zivuga ku kuba Elon Musk yakurwa muri Amerika

Muri iyi minsi, umuherwe wa mbere ku isi Elon Musk ari mu bibazo bijyanye n’amategeko agenga abimukira, kuko bivugwa ko yaba yarakoreye muri Amerika nta ruhushya rw’akazi afite (employment visa). Impuguke mu bijyanye n’amategeko zabwiye Newsweek dukesha iyi nkuru ko ibi birego bimuhamye ashobora gukurwa muri Amerika. Ku wa 26 Ukwakira, ikinyamakuru The Washington Post […]

Botswana: Ishyaka rimaze imyaka 58 ku butegetsi ryatsinzwe amatora

Ishyaka ryayoboye Botswana kuva yabona ubwigenge mu 1966 ryakubiswe inshuro mu matora y’iki gihugu yabaye muri iki cyumweru, kuko iri shyaka ryatakaje ubwiganze busesuye mu nteko ishinga amategeko. Ibyavuye mu matora byibanze byatangajwe muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatanu. Perezida wa Botswana, Mokgweetsi Masisi yemeye ibyavuye mu matora mbere y’uko ibisubizo ntakuka bitangazwa, […]

Google yaciwe ihazabu ya $20,000, 000, 000, 000, 000, 000, 000, 000, 000, 000, 000 – amafaranga aruta ari ku isi yose

Urukiko rwo mu Gihugu cy’Uburusiya rwaciye Google ihazabu y’amadorari ya Amerika angana na $20,000, 000, 000, 000,000,000, 000, 000, 000, 000, 000, amafaranga aruta ari ku isi yose. Google yaciwe aya mafaranga kubera ibirego bya televiziyo 17 zo mu Burusiya ziyishinja gufunga imiyoboro yazo ya You Tube kubera ibihano mpuzamahanga byafatiwe Uburusiya nyuma yo gutangiza […]

Guhirika Ubutegetsi, intero n’inyikirizo y’Abanyafurika

Afurika ni umugabane wahuye n’ibizazane by’ubutegetsi n’ihungabana rya politiki kuva ibihugu biwugize byatangira kubona ubwigenge hagati mu kinyejana cya 20 aho hagiye humvikana ihirikwa ry’ubutegetsi (Coup d’État) mu bihugu byiganjemo ibyo mu Burengerazuba bwa Afurika. Ihirikwa ry’ubutegetsi ryatangiye kugaragara muri Afurika nyuma y’igihe cy’ubukoloni ndetse kugeza ubu Afurika niwo mugabane waranzwemo ihirikwa ry’ubutegetsi inshuro nyinshi […]

Burkina Faso: Perezida Traoré ntarabasha kugarura umutekano 

Imibare mishya ya ‘Global Terrorism Index’ yagaragaje ko umutekano wa Burkina Faso ukomeje kuba mubi nyuma y’imyaka ibiri iki gihugu kibayemo ihirikwa ry’ubutegetsi bugafatwa n’igisirikari.  Global Terrorism Index igaragaza ko kuri ubu Burkina Faso iri mu bihugu byugarijwe n’iterabwoba ku isi. Umuryango w’Abibumbye watangaje ko kuva iki gihugu cyagaragaramo ibitero by’ubwiyahuzi muri 2015, abaturage ba […]

Minisiteri y’Ubutabera irajwe ishinga no kugabanya ubucucike bw’imanza mu nkiko

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 29 Ukwakira 2024, abagize inzego z’ubutabera basoje umwiherero w’iminsi ibiri wari ugamije kwiga ku bibazo bidahwema kuvugwa mu butabera bw’u Rwanda birimo ubucucike bw’imanza mu nkiko. Uyu mwiherero waberaga mu Karere ka Nyagatare, wari uyobowe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’ intumwa ya leta Dr. Ugirashebuja Emmanuel. Ubwo yagarukaga ku […]

Turikiya: 4 bamaze guhitanwa n’igitero cy’iterabwoba

Abantu bane bishwe abandi 14 barakomereka mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe ahakorera icyicaro gikuru cy’ikigo cya Turikiya gikora ibyubwirinzi bwo mu kirere, TUSAS hafi y’umurwa mukuru Ankara, nk’uko minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu yabitangaje. Ibitangazamakuru byo muri icyo gihugu byatangaje ko urusaku rw’amasasu menshi rwumvikanye nyuma yuko abashinzwe umutekano muri Turkiya binjiye muri icyo cyigo. “Twagize […]